Ryari ryitabiriwe n’abahanzi barenga 200 baturutse mu bihugu 25. Ryasize hari abahanzi nyarwanda babonye inzu zikomeye zemeye kubafasha mu rugendo rw’ubuhanzi.
Si ibyo gusa kuko hari filime n’ikinamico byabonye isoko ku ruhando mpuzamahanga hakaba hasigaye gushyira umukono ku masezerano yo kugura ibihangano by’abahanzi nyarwanda.
Abahanzi barimo Bushali, Kevin Kade na Delah Dube bashimishije abari bitabiriye, mu gihe sosiyete ishinzwe kubungabunga ibihangano byo mu bw’ubwenge muri Afurika, yashimiye Leta y’u Rwanda ku ruhare igira mu guteza imbere Ubuhanzi.
Abitabiriye iki gitaramo, bari abantu b’ingeri zitandukanye by’umwihariko Umujyanama muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Ruzindana Rugasaguhunga, yabwiye IGIHE ko urubyiruko 200 rudafite amikoro yo kwishyura itike rwishyuriwe.
Ni iserukiramuco ryaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo n’ibiganiro nyunguranabitekerezo harebwa icyakorwa ngo ubuhanzi bwo muri Afurika butere imbere.
Hamuritswe ibihangano birimo filime, ikinamico, ibishushanyo, imyambaro yakozwe n’abanyamideli batandukanye n’ibindi.
Abandi bahanzi bataramye ni Bushali, Kevin Kade, Mike Kayihura, Michael Makembe, Mistaek, Impakanizi, Shauku Band, Symphony Band, Kaya Byinshi, Kenny Mirasano na Delah Dube waturutse muri Zimbabwe.
Igitaramo kiri kugana ku musozo sosiyete ishinzwe kurinda ibihangano byo mu by’ubwenge muri Afurika yashyikirije igihembo Rwanda Arts Initiative, Umujyi wa Kigali na Leta y’u Rwanda kubera uruhare yagize mu migendekere myiza ya Kigali Triennial.
Minisitiri Utumatwishima yasobanuye ko akibwirwa ko hari gutegurwa Kigali Triennial, yabanje kumva ko bigoye kandi bihenze ku buryo atiyumvishaga ukuntu iri serukiramuco rizagenda neza.
Ati "Iminsi 10 iri serukiramuco riba buri munsi, hagategurwa ibikorwa bitandukanye kandi byose mwarabibonye byagenze neza.”
Minisitiri Utumatwishima yashimiye Madamu Jeannette Kagame washyigikiye Kigali Triennial. Ati “Kuba Madamu Jeannette Kagame yaritabiriye inshuro ebyiri ni iby’agaciro kandi bigaragaza ko igihugu gishyigikiye ubuhanzi.”
Minisitiri Utumatwishima yabwiye abahanzi ko uwo ari we wese uzategura igikorwa cyiza, Minisiteri izamushyigikira kandi imiryango ihora ifunguye.
Meya w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yijeje Abanya-Kigali ko ubuyobozi buzajya butanga urubuga abashaka gutegura ibitaramo bakabikora batagiye gushaka inkunga hanze y’u Rwanda.
Ati "Ndashaka ko Kigali iba igicumbi cy’ibirori, Triennial ni akagaruka ubutaha tuzabitegura neza kurushaho, ndashaka kubabwira ko Kigali yiteguye kwakira ibitaramo byose kandi turabizeza ubufatanye no kubashakira abaterankunga.”
Umukinnyi wa filime uzwi ku ruhando mpuzamahanga, Isabelle Kabano, yabwiye IGIHE ko hari filime n’ikinamico byamuritswe muri Kigali Triennial bikaba byaramaze kugurwa.
Ati “Hari filime zerekaniwe muri Kigali Triennial zahise zibona abazigura. Ni kimwe n’amakinamico atandukanye nayo yakiniwe hano akaba yarabonye abayagura.”
“Sindi buvuge uko filime zaguzwe zingana kuko dutegereje ko abaziguze bagirana amasezerano na ba nyirazo. Hari abahanzi nyarwanda babonye inzu zo ku rwego mpuzamahanga zibafasha gucuruza ibihangano byabo kandi ntabwo ari abahanzi musanzwe muzi. Ni ba bahanzi badafite amazina azwi ariko b’abahanga”.
Isabella Kabano yasobanuye ko Kigali Triennial Festival izajya buri myaka myaka itatu kandi ikabere i Kigali.
Ni iserukiramuco rifite umwihariko wo guha umwanya ubuhanzi bwo mu ngeri zitandukanye, abafite ibihangano bagashikirwa amasoko ari nako habaho guhuza abahanzi batazwi n’abamaze kwandika izina ku ruhando mpuzamahanga.
Amafoto: Remy Moise Kwizera



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!