00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikiganiro ‘VIE VIP’ cya Moctar na France Mpundu cyatangiye kwerekanwa na CANAL+

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 July 2026 saa 08:32
Yasuwe :

Kuva ku wa 20 Nyakanga 2026, ikiganiro ‘VIE VIP’ cya Moctar na France Mpundu bari bamaze igihe bafatira amashusho, cyatangiye gutambuka kuri CANAL+ Magic.

Iki kiganiro cyashibutse ku bwamamare aba bombi bagize nyuma yo guhura mu kiganiro ‘The Secret Story’, ari na ho inkuru y’urukundo rwabo yatangiriye.

Ni ikiganiro gitunganywa na CANAL+ Afrique, kikibanda ku buzima bwa buri munsi bw’aba bombi. Kirimo ingendo bakora, aho basohokera, abantu bahura na bo ndetse n’ibihe bitandukanye bibaranga mu buzima busanzwe.

Mu gace ka mbere kamaze kujya hanze, hagaragayemo amashusho yafashwe umunsi Moctar yageraga i Kigali bwa mbere, agasura umuryango wa France Mpundu.

Muri iki kiganiro kandi, France Mpundu yagaragaje uburyo yabanje kubwira abo bavukana ko atwite inda y’imfura ye na Moctar. Ni ikiganiro kirangwa n’uko camera ibakurikirana mu bikorwa bitandukanye.

Ikiganiro ‘VIE VIP’ kizibanda ku buzima bwabo haba igihe bari mu Rwanda cyangwa bari mu mahanga. Ni na cyo bazajya banyuzamo amakuru atandukanye ajyanye n’ubuzima bwabo bwite, arimo imyiteguro yo kwakira umwana wabo wa mbere ndetse na gahunda z’ubukwe bwabo.

Moctar na France Mpundu bakomeje kwigarurira imitima ya benshi cyane cyane abo mu bihugu bya Afurika bivuga Igifaransa.

No mu rugo iwabo baba bafatwa amashusho azajya aca muri iki kiganiro
France Mpundu yahuje Moctar n'abavandimwe be, anaboneraho kubamenyesha ko yitegura kwibaruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages