00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

King James azaha icyubahiro Jay Polly na Junior Multisystem mu gitaramo cye

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 June 2026 saa 06:58
Yasuwe :

King James ukomeje imyiteguro y’igitaramo cy’iminsi ibiri agiye kwizihirizamo imyaka 20 amaze mu muziki, yemeje ko azagira umwanya wihariye wo guha icyubahiro Jay Polly na Junior Multisystem.

Ibi King James yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro ‘Versus’ gitambuka kuri televiziyo y’u Rwanda, aho yavugiye ko we n’ikipe iri kumufasha mu myiteguro bateganya kuzaha icyubahiro yaba Jay Polly na Junior Multisystem.

Kuri Jay Polly, King James yavuze ko yifuza kuzaririmba indirimbo ‘Cyahiye’ bakoranye mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

Ati “Jay Polly Imana imuhe iruhuko ridashira, twarabanye muri za Primus Guma Guma Super Star, twanakoranye indirimbo yitwa ‘Cyahiye’, iri muzo tuzakora mu rwego rwo kumuha icyubahiro.”

Ku rundi ruhande ariko, King James yavuze ko Jay Polly ari mu bahanzi bari bafatiye runini umuziki nyarwanda by’umwihariko mu njyana ya Hip Hop, icyakora akaba anamushimira uruhare yagize mu gutuma Abanyarwanda bemera umuziki w’abahanzi bo mu Rwanda.

Kuri Junior Multisystem, King James yavuze ko amufiteho urwibutso rukomeye, ariko by’umwihariko ahamya ko atakwibagirwa ko ari we wamukoreye album ye ya nyuma aherutse gusohora ndetse anongeraho ko hari nyinshi mu ndirimbo yamukoreye zatumye aba uwo ari uyu munsi.

Akomoza ku rwibutso afite kuri Junior Multisystem, King James yavuze ko atajya yibagirwa ibihe byabo mu ikorwa ry’indirimbo ‘Mbabarira’.

Ati “Ubwo twakoraga indirimbo yitwa ‘Mbabarira’ nagiye mu cyumba twafatiragamo amajwi ndirimba mu buryo burimo agahinda kenshi, noneho ndebye mu kirahure nsanga Junior Multisystem ari kurira, mubajije nti ubaye iki? Arambwira ngo imuteye agahinda agira amarangamutima.”

King James aherutse kwandika amateka yari atarakorwa n’undi muhanzi, ubwo yagurishaga amatike y’igitaramo cye ‘20 Years of King James’ mu minsi itatu gusa, ibyatumye ahita ashyiraho n’icy’umunsi wa kabiri.

Byitezwe ko King James azataramira muri BK Arena ku wa 1 Kanama 2026 no ku wa 2 Kanama2026, kugeza ubu abantu bakaba bakomeje kugura amatike y’igitaramo cy’umunsi wa kabiri banyuze hano nayo amaze kugurwa ku kigero cya 75%.

Amatike y'igitaramo cy'umunsi wa mbere w'igitaramo cya King James yashize mu minsi itatu
Kuri ubu abakunzi ba King James bari kugura amatike y'umunsi wa kabiri w'igitaramo cye
King James yasabye abakunzi be kugura amatike y'igitaramo cye hakiri kare kugira ngo hatazagira uwo yongera gushiriraho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages