00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

King James yasuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside no Kubohora Igihugu

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 15 July 2026 saa 10:40
Yasuwe :

King James ari kumwe n’itsinda ry’abazamufasha mu bitaramo bye bizaba mu ntangiriro za Kanama ndetse n’abacuranzi be, basuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi no Kubohora Igihugu.

Ni igikorwa uyu muhanzi yateguye mu rwego rwo kurushaho kwihugura ku mateka y’Igihugu, ndetse no gufasha abo bazakorana batari bakabonye amahirwe yo gusura iyi ngoro kuyamenya byimbitse, cyane ko u Rwanda rukiri mu kwezi ko Kwibohora. Byakozwe ku wa 15 Nyakanga 2026.

King James yavuze ko iki gitekerezo cyaturutse ku bushake bwo gukomeza gusobanukirwa amateka y’Igihugu no kuyasangiza abo bakorana.

Ati "Turacyari mu kwezi ko kwibohora. Ni igitekerezo nagize mu rwego rwo kurushaho kwihugura ku mateka y’Igihugu, ariko n’abo tuzakorana by’umwihariko abacuranzi banjye, cyane cyane abakiri bato, bagize amahirwe yo kongera kuyiga."

Yakomeje avuga ko amateka y’u Rwanda ari menshi kandi aremereye ku buryo umuntu atayamenyera yose rimwe, ari na yo mpamvu buri Munyarwanda akwiye guhora ayihugura.

Ati "U Rwanda ni igihugu gifite amateka menshi kandi aremereye. Biragoye ko wakwicara ukumva ko wayize ukayamenya yose. Ndakangurira abakunzi banjye n’Abanyarwanda muri rusange kujya basura Ingoro z’Amateka kugira ngo barusheho kwihugura.”

King James yasuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi no Kubohora Igihugu mu gihe akomeje imyiteguro y’ibitaramo bye bizabera muri BK Arena ku wa 1 no ku wa 2 Kanama 2026.

Uyu muhanzi aherutse gukora amateka yo kugurisha amatike yose y’igitaramo cye cya mbere kizabera muri BK Arena ku wa 1 Kanama 2026 mu minsi itatu gusa. Nyuma y’ubwitabire budasanzwe bw’abakunzi be, yahise atangaza ko azakora n’igitaramo cya kabiri kizaba ku wa 2 Kanama 2026.

King James n’itsinda rizamufasha mu gitaramo, basuye Ingoro y’urugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora Igihugu
Kuri iyyi foto, King James n'abo bari kumwe basobanuriwe uko urugamba rwo kubohora Umujyi wa Kigali rwagenze
King James yasabye abakunzi be n'Abanyarwanda muri rusange kujya basura ingoro z'amateka y'u Rwanda kugira ngo barusheho kuyihugura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages