00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kitoko, The Ben na Bruce Melodie batanze ibyishimo i Bugesera, Bwiza abura ku munota wa nyuma (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 June 2026 saa 09:27
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 27 Kamena 2026, abahanzi Kitoko, The Ben na Bruce Melodie bashimishije bikomeye abakunzi b’umuziki bitabiriye igitaramo cyabereye mu Karere ka Bugesera, mu gihe Bwiza wari utegerejwe cyane atabashije kucyitabira kubera impanuka yabaye mu nzira.

Iki gitaramo cyabanjirije icya nyuma kizasoza Summer Country Tour, kizabera i Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026. Cyabereye muri stade y’Akarere ka Bugesera, aho cyari cyitabiriwe n’ibihumbi by’abakunzi b’umuziki.

Mu gihe abahanzi biteguraga kujya ku rubyiniro, MC Lucky Nzeyimana yahamagaye Bwiza abafana bamara hafi iminota 20 bataramuca iryera.

Nyuma yaho, Bwiza yaje gutangaza abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze ko yagize impanuka ubwo yerekezaga ahabereye igitaramo, bikaba byatumye adashobora kucyitabira.

Nyuma yo kubura kwa Bwiza, Kitoko ni we wabimburiye abandi ku rubyiniro, aho yanyuze abakunzi be mu ndirimbo zitandukanye zirimo Rurabo, Agakecuru, Urukundo, Akabuto, Sibyo na Thank You Kagame, agaragaza ubuhanga n’imbaraga ze mu muziki.

The Ben yakurikiyeho, maze ashyushya cyane abakunzi be binyuze mu ndirimbo zirenga 20, zirimo Ndi uw’i Kigali, I’m in Love, Lose Control, Folomiana, Habibi, Indabo zanjye, Roho yanjye, Amahirwe ya nyuma, Ntacyadutanya, Why, Naremeye, Wigenda, Ko nahindutse, Ndaje, Plenty, Sikosa na Thank You, yasorejeho igitaramo mu buryo bwashimishije benshi.

Nyuma ya The Ben, Bruce Melodie niwe wagombaga gusoza iki gitaramo. Uyu muhanzi mbere y’uko ajya ku rubyiniro yari yateguye moto ebyiri zisakuza cyane zagombaga kugenda inyuma ye nawe akazizamuka hagati ubundi agasanga ababyinnyi be ku rubyiniro.

Mu gihe yamaze ku rubyiniro, Bruce Melodie yaririmbye indirimbo 17, zirimo Ndumiwe, Selebura, Funga Macho, Ikinya, Ikinyafu, Akinyuma, Saa Moya, Ndakwanga, Nisindiye, Fou de toi, Igitangaza, Ubushyuhe, Munyakazi, Bado, Pom Pom, Kungola na Henzapu.

Nubwo igitaramo cyagenze neza kikanyura benshi, cyasize impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bibaza umuhanzi watanze ibyishimo kurusha abandi hagati ya Bruce Melodie na The Ben.

Biteganyijwe ko ibitaramo bya Summer Country Tour bizasozwa ku mugaragaro i Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026.

Abafana bageze ahabereye iki gitaramo kare cyane
Abafana bageze ahabereye iki gitaramo bagenda binjira umwe ku wundi basakwa hanubahirizwa amabwiriza ya Minisiteri y'Ubuzima
Impano ntaho utayigaragariza
Abafana ba The Ben bari babukereye
Abafana bazindukiye muri Stade ya Bugesera bakirijwe umuziki
Abafana ba Bwiza bari babukereye ari benshi nubwo batashye batamubonye
Abafana ba Bwiza bamutegereje butangira kubiriraho
Abafana ba Bwiza bari bitwaje ibyapa bigaragaza ko bamushyigikiye
Bertrand usanzwe ari umunyamakuru kuri Magic FM niwe watangiye ashyushya abakunzi b'umuziki
Abafana ba Bwiza na nyuma yo kumenya ko atakitabiriye iki gitaramo ntibigeze bamanura ibyapa bimugarukaho
Hari ibigo by'ubucuruzi byahisemo gushyigikira abahanzi banyuranye
Uko umugoroba wagendaga ugera niko stade yuzuraga abafana
Rwanda Revenue Authority yatanze imodoka ya KIA Sorento ku munyamahirwe watsinze muri Tenga Promo
Mukeshimana Jean Claude, yashyikirijwe imodoka yo mu bwoko bwa KIA Sorento yatsindiye muri tombora ya Tenga Promo
Lucky Nzeyimana niwe wayoboye iki gitaramo
Kenny Mugarura, Juno Kizigenza, Junior Rumaga, Massamba Intore, Coach Gael na Jules Sentore bari muri iki gitaramo
Kitoko niwe wabaye umuhanzi wabanje ku rubyiniro
Muri ibi bitaramo, Kitoko ari kwitwaza itsinda ry'ababyinnyi bamufasha gususurutsa abakunzi be
Kitoko yashimishije bikomeye abakunzi be
Kitoko yashimiwe n'abafana be kubera ibyishimo yabahereye i Bugesera
The Ben yahingutse ahabereye iki gitaramo yitwaye mu modoka
The Ben yazamukanye ku rubyiniro imbaraga nyinshi
The Ben akunze kuririmba nyinshi mu ndirimbo ze aririmbana n'abakunzi be
Umufana wa The Ben yatangiye amufanira mu bicu kuva atangiye kugeza asoje
Bruce Melodie ni uku yahingutse ku rubyiniro rw'iki gitaramo
Abafana bari benshi muri iki gitaramo

Amafoto: Prince Rusa


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages