00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kivumbi yataramiye abakunzi be bo mu Budage (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 June 2024 saa 09:31
Yasuwe :

Kivumbi King umaze iminsi ku Mugabane w’u Burayi, mu mpera z’iki cyumweru yataramiye abakunzi be batuye mu Mujyi wa Hannover mu Budage, mu gitaramo cya kabiri yagiriye kuri uwo Mugabane.

Ni igitaramo cyakurikiye icyo Kivumbi yakoreye i Lyon mu Bufaransa ku wa 1 Kamena 2024 mu gihe ategerejwe muri Pologne ku wa 29 Kamena 2024.

Ibi bitaramo bizenguruka u Burayi, Kivumbi ari kubikora anamurika album ye nshya yise ‘Ganza’ igizwe n’indirimbo 10 aheruka gushyira hanze.

Nyuma yo kuyimurikira muri ’Atelier du Vin’ mu ijoro ryo ku wa 17 Gicurasi 2024, uyu muhanzi yahise atangira urugendo rwo kuyimurikira i Burayi aho ari gukorera ibitaramo bizenguruka ahantu hatandukanye.

Iyi album nshya ya Kivumbi niyo ya mbere yakoranye na sosiyete nshya ‘Deealoh Entertainment’ yo muri Nigeria iri kumufasha mu bijyanye n’umuziki.

Mu minsi ishize nibwo Kivumbi yashyize umukono ku masezerano amwinjiza muri Deealoh Entertainment, iyi ikaba isanzwe ikorana n’umuhanzi uri kuzamuka witwa Triqa Blu.

Ku rundi ruhande ariko uyu muhanzi azwi mu ndirimbo nka ’Yarampaye’ yakoranye na ’Kirikou Akili; w’i Burundi, ;Maso y’Inyana; n’izindi nyinshi.

Kivumbi mbere gato ko ajya ku rubyiniro gususurutsa abakunzi be
Kivumbi ubwo yari ahingutse imbere y'abakunzi be
Buri wese yashakaga gufata amashusho y'urwibutso
Kivumbi yataramiye i Hannover mu Budage
Nyinshi mu ndirimbo za Kivumbi aba aziririmbana n'abakunzi be
Wabaye umwanya mwiza wo gusohokana ku bakundana
Kivumbi yatanze ibyishimo ku bakunzi be bo mu Budage

Amafoto: Uwacu Lizerie & Iturize Gisele


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages