Ubwo yaganiraga n’abafana be ku rubuga X, Oluwatobiloba Daniel Anidugbe wamamaye mu muziki nka Kizz Daniel, yavuze ko amaze kuryamana n’abagore 67.
Ni inkuru yasamiwe hejuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bamucanaho umuriro, bavuga ko atagakwiye guhishura uyu mubare kuko ari icyamamare kandi afatirwaho ikitegererezo na benshi.
Abamwibasiye bavugaga ko biteye isoni, kuba umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika, ashobora kwamamaza umuco w’ubusambanyi, kandi aziko benshi mu bamukurikira ari urubyiruko.
Uyu muhanzi w’imyaka 29, yahise asiba ubu butumwa ariko mbere yaho, yabanje kurenzaho ko akunda ikibuno cy’abagore kuruta ubundi buranga baba bafite.
Kizz Daniel ni umwe mu bahanzi bakomeye ku mugabane wa Afurika, binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Buga’, ‘Twe twe’, ‘Pour Me Water’ n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!