00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

KNC ati “Nta kibazo mfitanye na KINA, nta n’icyo mfitanye na Christopher”

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 14 August 2013 saa 02:36
Yasuwe :

Umuhanzi KNC aratangaza ko mu cyumweru gishize atigeze akubita urushyi umuhanzi mugenzi we Christopher nk’uko biherutse gutangazwa haba kuri internet no kuri amwe mu maradiyo ya hano i Kigali. Producer Clement, ukorana na Christopher, nawe yabwiye IGIHE ko KNC koko atakubise uyu muhanzi nk’uko byavuzwe.
Aganira n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu kuri Hotel Isimbi, KNC yavuze ko bamwe mu batangaje ayo makuru bakayakwirakwiza hose, asanga ari abantu bashatse kumuharabika no kumusebya, (…)

Umuhanzi KNC aratangaza ko mu cyumweru gishize atigeze akubita urushyi umuhanzi mugenzi we Christopher nk’uko biherutse gutangazwa haba kuri internet no kuri amwe mu maradiyo ya hano i Kigali. Producer Clement, ukorana na Christopher, nawe yabwiye IGIHE ko KNC koko atakubise uyu muhanzi nk’uko byavuzwe.

Aganira n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu kuri Hotel Isimbi, KNC yavuze ko bamwe mu batangaje ayo makuru bakayakwirakwiza hose, asanga ari abantu bashatse kumuharabika no kumusebya, akavuga ko banabitangaje nta wumubajije ukuri kwabyo.

KNC avuga ko atakubise uyu Christoher ahubwo yamufashe ukuboko amukebura amubwira ko agomba kwikosora akajya asuhuza abantu abareba mu maso

Yagize ati “Birababaje kandi biteye agahinda kubona inkuru utakwita igihuha, igitekerezo cyangwa se ikindi kindi iza isebya umuntu ikoranye ubugome no gushaka gutukana. Twari turi kwa Freddy (UTC) nuko Christopher ampa ukuboko atandeba ansuhuza nuko mufata ukuboko ndamubwira nti ‘jya usuhuza umuntu umureba mu maso’”.

Ku murongo wa telefone, Producer Clement Ishimwe yasobanuye ko icyo gihe Christopher yihutaga ashyiriye umuntu Fash Disk nuko asuhuza KNC yihuta. Avuga ariko ko nta gasuzugura yari yabikoranye bityo agasa n’utunguwe no kubona umuntu amufata akamubwira ngo yamusuhuje atamureba.

Clement yabwiye itangazamakuru ko icyo gihe Christopher atamenye ko uwo muntru yari KNC imwe mu mpamvu ngo yatunguwe no kubwirwa ayo magambo n’umuntu we azi. Clement avuga ko icyo gihe Christopher yahise aza kumureba akamubwira ko atishimiye kuba yafashwe n’umuntu atazi amubwira ngo ajye asuhuzanya areba uwo asuhuza mu maso.

KNC avuga ko abakwirakwije inkuru ngo yakubise Christopher bashatse kumuharabika; ubu arerekeza i Burundi gufata amashusho y'indirimbo ze nshya eshatu

Icyo gihe Clement yaje kureba hanze ya UTC uwo muntu asanga ni KNC ari nako kumusobanurira ko Christopher yasuhuje KNC yihuta, ariko atamusuhuzanyije agasuzuguro. Clement yabwiye itangazamakuru kandi ko byari ibintu byoroshye ku buryo byahise binarangirira aho atakekaga ko byari gukomeza kuvugwa cyane mu itangazamakuru.

Umuhanzi Patrick Nyamitari, umwe mu bari bari ahabereye ibyo yabwiye IGIHE ko atabonye KNC akubita Christopher urushyi. Gusa avuga ko hari abantu benshi Christopher akaza abasuhuza ariko nyuma akaza kugarukana na Clement avuga ati “Umpoye iki?”, agaragara nk’utari wishimiye ibyabaye hagati ye na KNC.

Mu kiganiro n'abanyamakuru KNC yagize ati "Nta kibazo mfitanye na Kina, nta kibazo mfitanye na Christopher nta n'icyo mfitanye n'uwo ari we wese"

KNC yabwiye IGIHE ko yababajwe no kubana hari abantu buririra ku makuru yise ibihuha bagatuka abandi.

Yavuze ariko ko ibyo bitamuca intege ko akomeje gahunda ye y’ubuhanzi ndetse ko kuri uyu mugoroba yerekeza mu gihugu cy’u Burundi gufata amashusho y’indirimbo ze nshya eshatu.

Ngwino, indirimbo nshya ya KNC:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages