00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Korali ‘Ambassadors of Christ’ igiye kwizihiza imyaka 30 imaze mu ivugabutumwa

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 May 2026 saa 08:57
Yasuwe :

Korali Ambassadors of Christ ibarizwa mu Itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, yatangiye imyiteguro y’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 30 imaze mu ivugabutumwa.

Ibi birori byitezwe kubera muri BK Arena ku wa 30 Kanama 2026. Byabanjirijwe n’ibindi bikorwa by’iyi korali birimo gutera ibiti mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo, gusura urubyiruko rugororerwa mu bigo ngororamuco bya Iwawa na Gitagata mu bukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi zugarije urubyiruko.

Uretse ibikorwa bakoze mbere, iyi korali iteganya no gukora ibindi birimo guhumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi korali yashinzwe mu 1996, itangira umurimo wo kuririmba indirimbo zihimbaza Imana no gukomeza abakirisitu. Yamamaye cyane binyuze mu ndirimbo zakunzwe zirimo izagarukaga ku kwizera, gukomera ku Mana no gukunda igihugu.

Mu bihe bitandukanye, iyi korali yagiye ikora ibitaramo bikomeye, haba mu Rwanda no hanze yarwo.

Abanyuze muri Korali Ambassadors of Christ bavuga ko atari korali gusa, ahubwo yabaye ishuri ry’ubuzima, aho benshi bahakuye uburere, inshuti ndetse n’impano zabafashije mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Mu rwego rwo kwizihiza imyaka 30 imaze, Korali Ambassadors of Christ, yatangiye imyiteguro y’ibikorwa bitandukanye bizagaruka ku mateka yayo, ubuhamya bw’abayinyuzemo ndetse n’umusanzu wayo mu iterambere ry’umuziki wo guhimbaza Imana mu Rwanda.

‘Ambassadors of Christ Choir’ igiye kwizihiza imyaka 30 imaze mu ivugabutumwa
‘Ambassadors of Christ Choir’ imaze imyaka 30 ikora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages