Aya mafoto agaragaza uyu muhanzikazi yambaye ubusa bwa mbere yasakajwe ku mbuga zirimo Twitter na Telegram.
YG Entertainment, sosiyete ireberera inyungu iri tsinda rya Blackpink yavuze ko Jennie yahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse no kwinjirirwa mu buzima bwe bwite, bityo Polisi ikwiye gukurikirana ikamenya umuntu wakwirakwije ariya mafoto kandi agafirwa ibihano bikomeye.
YG yasabye abakunzi b’umuziki w’iri tsinda kureka gukomeza guhererekanya aya mafoto nabo bitazabagiraho ingaruka dore ko hari konti ebyiri zimaze guhagarikwa kubera ayo mafoto.
Iyi sosiyete isezeranya ko uzagaragara ko ari we nyirabayazana azafatirwa ibyemezo byose bishoboka mu rwego rw’amategeko.
Andi mashusho yabujijwe ni agaragaza uyu muhanzikazi Jennie Kim yasohokanye na V ubarizwa mu itsinda rya BTS ryo muri Koreya y’Epfo nyuma y’uko hari amakuru avugwa ko aba bombi baba bakundana.
Big Hit Music, sosiyete ireberera inyunga z’itsinda BTS ivuga ko amakuru yatangajwe ku mubano wa V na Jennie Kim ari ibinyoma abakomeza kuyasakaza bizafatwa nk’ inyandiko zisebanya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!