00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwinjira byari arenga miliyoni 1Frw: Ibyo wamenya ku gitaramo Rick Ross yahuriyemo na Davido muri Zambia

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 May 2026 saa 01:38
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 1-2 Gicurasi 2026, Rick Ross na Davido bataramiye i Lusaka muri Zambia mu gitaramo cyari cyihagazeho kuko itike ya make yaguraga arenga miliyoni 1Frw.

Ni igitaramo cyari cyahuruje abaturutse mu bihugu bitandukanye gusa kizamura umwuka mubi mu banya-Zambia kuko igiciro cy’itike yari yatumbagijwe cyane.

Kugira ngo wumve uburyo itike zatumbagijwe, iya make yaguraga ama Kwaca ya Zambia ibihumbi 15 angana na miliyoni 1,1 Frw, ikurikiye ikagura ibihumbi 20 by’ama Kwaca hafi miliyoni 1,5 Frw naho iya VIP yari ibihumbi 25 by’ama Kwaca angana na miliyoni 1,9 Frw.

Nubwo ibiciro byari hejuru, ntibyabujije abitabira iki gitaramo kucyitabira kuko aho cyagombaga kubera hari hakubise huzuye.

Uretse aba bahanzi bari bitabiriye iki gitaramo, Zambia yari yabaye ihuriro ry’ibyamamare kuko abarimo Ya Levis na Zari The Boss Lady bari batumiwe.

Mu bandi bitabiriye iki gitaramo harimo The Ben n’umugore we Uwicyeza Pamella, DJ Spinny, umunyarwanda uvangira imiziki muri Uganda n’abandi banyuranye.

Iki gitaramo cyateguwe na Bplatinum Events cyabereye ahitwa Ciela Resort.

Davido yataramiye muri Zambia mu gitaramo cyari gihenze cyane
Davido yishimiwe bikomeye n'abakunzi be bo muri Zambia
Rick Ross ni uku yaserutse muri Zambia
Rick Ross yeretswe urukundo n'abakunzi b'umuziki muri Zambia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages