Muri iyi ndirimbo Lil Nas X agaragara ari ku musaraba ndetse atamirijwe ikamba ry’amahwa nk’uko Yesu yabambwe.
Abinyujije kuri Instagram, Lil Nas yavuze ko atakoze iyi ndirimbo yigereranya n’umwana w’Imana, ahubwo ko yagira ngo yumvikanishe ko agarutse nkawe.
Nas yavuze ko abantu bizera Yesu atari agamije kubakomeretsa, kubibasira cyangwa kubatuka mu bundi buryo. Asanga kuba asigaye afatwa nk’urwanya Imana byaraturutse ku ndirimbo ‘Call me by name’ yasohotse kuri Album ‘Montero’.
Uyu musore w’imyaka 24 yagize ati “Ntabwo nkora iyi ndirimbo nari ngamije gusebya Kirisitu n’abakirisitu, nayikoze nshaka kugaragaza ko ngarutse nkawe.”
Uyu muhanzi uri mu bagezweho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yavuze ko ajya gukora iyi ndirimbo ‘J Christ’ [Jesus Christ], atigeze ashishoza neza ngo amenye ingaruka bishobora kugira ku bana bato, ariko ko nta mugambi mubi yari agamije.
Uyu musore ukunze kwifashisha amashusho ya Sekibi mu ndirimbo ze, yashyize hanze iyi ndirimbo yakangaranyije abakirisitu tariki 12 Mutarama 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!