00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lydia Jazmine ari guhigisha uruhindu umugabo wamwibye

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 28 June 2024 saa 03:12
Yasuwe :

Umuhanzikazi Lydia Jazmine uri mubagezweho mu muziki wa Uganda, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akomeje guhigisha uruhindu umusore witwa Arinaitwe David ashinja kumwibira amafaranga.

Nubwo Lydia Jazmine avuga ko yibwe n’uwo mugabo ntabwo yigeze asobanura uburyo yayibwemo ndetse n’ingano yayo.

Amakuru y’ubwo bujura yahamijwe n’ikinyamakuru cyo muri Uganda cyibanda ku myidagaduro ‘Exclusive Bizz’ cyanditse ko mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 28 Kamena 2024, uwitwa Arnaitwe David yibye amafaranga ya Lydia Jazmine.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Lydia Jazmine yagize ati “Arinaitwe David arashakishwa. Yanyibye amafaranga arangije aracika. Nihagira umenya aho ari amenyeshe ubuyobozi kandi uzatanga ayo makuru azahembwa bishimishije.”

Lydia Jazmine ni umwe mu bahanzi bakunzwe by’umwighariko muri Uganda, akaba umwe baherutse kwiyambazwa mu gitaramo cyo kunga itsinda rya Blu 3 ryari rimaze imyaka 16 ryaratandukanye.

Lydia Jasmine ari guhigisha uruhindu umugabo wamwibye
Lydia Jazmine yatanze itangazo rirangisha umugabo wamwibye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages