Ubuyobozi bwa resitora Veni Vidi bwateguye icyo gitaramo bugamije gushimisha abakiriya bayo ndetse n’abandi bazaba bahasohokeye kuri uwo munsi tariki ya 31 Ukoboza 2015 kugira ngo basoze umwaka bishimye.
Kuri uwo munsi w’ibyishimo by’uko abantu basoje umwaka ari amahoro, kwinjira muri icyo gitaramo bizaba ari ubuntu, kikazatangira saa moya z’umugoroba. Bizaba ari ibihe byiza byo kunyurwa n’inganzo ya Mako Nikoshwa,umuhanzi wakunzwe mu ndirimbo “Bonane”.
Mako Nikoshwa azwi mu ndirimbo nka Bonane ,Nkunda kuragira, Agaseko., Ngutekerezaho n’izindi.
Si Mako Nikoshwa gusa uzaba ataramiye muri Veni Vidi ku mu ijoro ryo gusoza umwaka wa 2015 kuko aza afatanyije n’umuraperi P FLA uzwi mu ndirimbo yise “Turiho Kubera Imana” ndetse bakazaba barikumwe n’umuraperi Jazzy.
Restaurant Veni Vidi iherereye mu mujyi wa Kigali ku muhanda wagizwe uw’abanyamaguru (car free zone), mu gikari cya ‘Urwego Opportunity Bank’ ikaba iteganye na Camellia Tea House.
Amagambo ’Veni-Vidi’ asobanura ngo “Garuka urebe” bivuga ko buri gihe baba bafite udushya.



















TANGA IGITEKEREZO