00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Marina yavuze uko yakiriye kwisanga mu bamamaza abakandida b’Umuryango ‘FPR Inkotanyi’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 July 2024 saa 10:35
Yasuwe :

Umuhanzikazi Marina ahamya ko ari amahirwe adasanzwe kuri we kuba agiye gutora ku nshuro ye ya mbere ariko akaba n’umwe mu bahanzi batoranyijwe muri gahunda yo guherekeza no kwamamaza abakandida b’umuryango FPR Inkotanyi.

Ibi Marina yabikomojeho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE ubwo yavugaga ku buryo yakiriye urugendo rwo guherekeza umuryango wa FPR Inkotanyi mu kwamamaza abakandida bawo mu bice bitandukanye by’u Rwanda.

Avuga ku buryo yakiriye kuba umwe mu bahanzi bari gukorana na FPR Inkotanyi mu kwiyamamaza, Marina yagize ati “Ni amahirwe utagira uko ubara, ibaze ko ari ubwa mbere ngiye gutora ariko noneho nkaba ndi kugira uruhare mu kwamamaza amahitamo yanjye.”

Marina ahamya ko ari iby’agaciro gakomeye kuba agiye gutora ku nshuro ye ya mbere kuko ari igikorwa afata nko kugira amahitamo ku hazaza h’Igihugu anaboneraho umwanya wo gukangurira abakunzi be n’Abanyarwanda muri rusange kuzitabira amatora ku bwinshi.

Uretse indirimbo nka ‘Intsinzi’ yasubiranyemo n’abarimo Yvan Muziki, The Ben na Mariya Yohana, Marina yanaririmbye mu ndirimbo yitwa ‘Igikumwe’ yahuriyemo n’abarimo Tom Close, Intore Massamba,Uncle Austin, The Nature,Fireman na Khalfan.

Izi ndirimbo zagiye hanze zisanga uyu mukobwa aherutse gusohora iyo yise ‘Avec toi’ indirimbo ye nshya iri mu zigezweho muri iyi minsi.

Ubwo Marina yari yitabiriye umunsi mukuru wo #Kwibohora30
Aha Marina yari mu gikorwa cyo kwamamaza aba depite b'Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Nyabihu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages