00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mashariki Film Festival: Hamuritswe imodoka za miliyoni 26 Frw zizahabwa abazahiga abandi (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 28 November 2025 saa 08:32
Yasuwe :

Herekanwe imodoka ebyiri zo mu bwoko bwa Hyundai Sonata zigiye guhabwa umugabo n’umugore bazahiga abandi, mu gutorwa cyane mu cyiswe ‘People’s Choice Award’ muri Mashariki Film Festival, iri kuba ku nshuro ya 11.

Izi modoka zerekanwe ni izo mu bwoko Hyundai Sonata (2011–2014). Buri imwe ifite agaciro ka miliyoni 13 Frw bikaba bivuze ko zose zihagaze miliyoni 26 Frw. Zatanzwe na Treize Ride.

Kugeza ubu Benimana Ramadhan wamamaye nka Bamenya niwe uri imbere mu bagabo aho afite amajwi 15230, naho Aime Valens Tuyisenge (Boss Rukundo) amugwa mu ntege n’amajwi 12724.

Ni mu gihe mu bagore Uwamahoro Antoinnette wamamaye nka Siperansiya cyangwa se Intare y’Ingore aza imbere n’amajwi 22257 naho Mukayizeri Djalia (Kecapu) afite 20188.

Amajwi yose y’abahatanye angana na 119.125 ijwi rimwe rikaba ari 200 Frw. Bivuze ko kugeza ubu mu gutora hamaze gukoreshwa 23.825.000 Frw. Kugeza ubwo turi kwandika iyi nkuru amajwi y’abagore bamaze gutorwa ni 81.521 angana na 16.304.200 Frw bivuze ko amafaranga bamaze gutoresha aruta ay’imodoka bagiye guha umwe muri bo.

Abagabo bamaze gukoresha amajwi 37.604 angana na 7.520.800 Frw. Amatora ararangira uyu munsi ku wa 28 Ugushyingo 2025, saa tanu na 59 z’ijoro.

Mashariki Film Festival yatangiye ku wa 22 Ugushyingo, izasozwa ku wa 29 Ugushyingo 2025 muri Serena Hotel ari nabwo bazatanga izi modoka ndetse hagatangwa n’ibindi bihembo. Muri iri serukiramuco hari gukorerwamo ibikorwa bitandukanye birimo gutanga amahugurwa, kwerekana filime zitandukanye ndetse rikazasozwa hatangwa ibihembo.

Ushaka kugira uwo uha amahirwe muri iki cyiciro cya ‘Best Actor & Actress(People’s Choice) wakanda hano https://watch.rw/voting/mashariki-film-festival-people-choice-award

Bamenya na Intare y'Ingore bari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana izi modoka
Harara hamenyakanye abegukanye izi modoka
Izi modoka zizahabwa umugabo n'umugore banikiye abandi mu gutorwa
Izi modoka ziri mu bwoko bwa Hyundai Sonata
Izi modoka zizatangwa ejo ku wa Gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025 ku bakinnyi ba filime batowe cyane kurusha abandi
Bamenya ari mu bashobora kwegukana iyi modoka
Uwamahoro Antoinette uzwi nka Intare y'Ingore arayoboye mu bagore kugeza ubu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages