00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mbere gato y’igitaramo cya Rick Ross i Nairobi (Video&Amafoto)

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 28 April 2018 saa 04:02
Yasuwe :

Boss yaraye i Nairobi! Televiziyo na Radio zirenga 30 zikorera muri aka gace ziri gucuranga umuziki wiganjemo indirimbo za Rick Ross ari nako amakuru acicikanaho yibanda ku rugendo rw’uyu muhanzi utegerejwe n’imbaga.

Rick Ross [William Leonard Roberts II] yageze i Nairobi mu gitondo cyo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Mata 2018, yahise avuga ko igitaramo cye ari “umuriro uzanwe na Boss, Rozay w’i Miami.”

Rick Ross yavuze ko yishimiye kuba muri Afurika y’Uburasirazuba ndetse by’umwihariko yagarutse kuri Diamond bakoranye indirimbo yitwa ’Waka’. Nubwo ari ikirangirire cyane ku Isi, gukorana n’umuhanzi wo muri Tanzania ngo byamufashije gukomeza kwagura umuziki we.

Yagize ati "Nanyuzwe no kuba twarakoze uriya mushinga, uranyumva neza ibyo mvuga. Ibi byose ni ugukomeza kwagura umuziki, njye nkunda umuziki w’ubwoko butandukanye, ndumva ari byiza kuba twarakoranye iriya ndirimbo."

Izina Rick Ross ryiganje mu binyamakuru hafi ya byose bikorera i Nairobi ndetse n’ibicapa ku mpapuro byasohotse kuri uyu wa Gatandatu byose biravuga uburyo ‘Nairobi igiye gukira imbeho ihamaze igihe kuko Rick Ross yahageze.’

Igitaramo giteganyijwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 28 Mata 2018, kigomba kubera ahitwa Carnivore Grounds urenze gato ku Kibuga cy’Indege cya Wilson Airport cyakira indege zitwara abakorera ingendo mu gihugu imbere gusa.

Mbere y’uko igitaramo kiba, umwuka uri mu batuye Umujyi wa Nairobi by’umwihariko abakunda umuziki ni ukubyinana na Rick Ross kugeza bucyeye. Igitaramo kiratangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kugeza umuseke utambitse.

Abahanzi bagomba gufasha Rick Ross bakoze imyitozo ya nyuma kuri Carnivore Grounds ndetse urubyiniro n’ibindi byose bikenewe kugira ngo igitaramo kigende neza byamaze gutunganywa.

Kenya imaze kwakira abahanzi mpuzamahanga batagira ingano, mu Ukwakira 2016 Chris Brown yakoreyeyo igitaramo cyitabirwa mu buryo bukomeye; hari n’ibindi byamamare byagiyeyo bitajyanwe no gukora ibitaramo nka Ne-Yo, Wyclef Jean, Jason Derulo, Madonna, Nicole Scherzinger, 50 Cent n’abandi benshi.

Kuva mu museso wo kuri uyu wa Gatandatu biriwe batunganya ibyuma kugira ngo Rick Ross aze kuririmba neza
Urubyiniro Rick Ross yateguriwe rurisanzuye
Amatara y'urubyiniro ku gice cy'inyuma
Rick Ross yateguriwe intebe ari bwicaremo aririmba
Dj Case na we araza gushyushya abafana uyu munsi
DJ Space yamaze kuhagera asuzuma ibyuma
Igice cyagenewe abishyuye asaga 90,000Frw
Abafite imirimo muri iki gitaramo batangiye kuhagera
Dj Wesley[iburyo] na bagenzi be mbere gato y'igitaramo cya Rick Ross
Umwe mu banyamakuru bakorera NRG Radio yazanye Rick Ross
Ibyuma byazanwe kuri Carnivore ngo byatwawe n'amakamyo icumi
Inka zatangiye kotswa kare ngo zifashe abatsirika icyaka kumererwa neza
Agace kateguriwe abafana bari bwishyure asaga ibihumbi 100,000 Frw
Buri wese ari gukora akazi ke ngo Rick Ross aze gusanga byatunganye neza

Amafoto: Mugwiza Olivier


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages