00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Megan Thee Stallion yajyanywe mu bitaro igitaraganya adasoje igitaramo

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 1 April 2026 saa 04:46
Yasuwe :

Umuraperi Megan Thee Stallion wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yihutanywe mu bitaro ku wa 31 Werurwe 2026 nyuma yo kuremba mu buryo butunguranye ubwo yari ageze hagati igitaramo cya ’Moulin Rouge! The Musical’ yakoreraga i Manhattan mu Mujyi wa New York muri Amerika.

Uhagarariye uyu munyamuziki ubifatanya no gukina filime yabihamirije ikinyamakuru TMZ.

Ati “Mu ijoro ryo ku wa Kabiri Megan yatangiye kumva arwaye cyane ahita ajyanwa igitaranganya mu bitaro biri aho hafi aho akomeje gukurikiranwa.”

Umwogoshi we witwa Kellon Deryck, abinyujije kuri X, yasabye abantu gusengera Megan, ibigaragaza ko ashobora kuba arembye.

Abari bacyitabiriye bagaragarije ku mbuga nkoranyambaga ko bababajwe n’uko byaje kurangira igitaramo gihagaze kandi ntasubire kubataramira.

Megan Thee Stallion yajyanywe mu bitaro igitaraganya adasoje igitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages