00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Dr Utumatwishima mu bitabiriye igitaramo cy’urwenya cya Gen-Z Comedy Show (Amafoto)

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 12 January 2024 saa 09:34
Yasuwe :

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yitabiriye ku nshuro ya mbere igitaramo cy’abanyarwenya bato bagezweho [Gen-Z Comedy Show], afatanya n’abiganjemo urubyiruko gusetswa n’abanyempano bakunzwe muri iki gihe.

Iki gitaramo kiyoborwa n’Umunyarwenya Ndaruhutse Fally Merci, cyari icya mbere kibaye muri uyu mwaka wa 2024, aho cyabereye muri Camp Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 11 Mutarama.

Gen-Z Comedy Show, ni ibirori bisigaye bifasha abantu kwidagadura, ababa bamaze igihe badakura iryinyo ku rindi ku mpamvu zirimo imihangayiko n’akazi kenshi, bakongera kwizihirwa.

Ni ibitaramo biba kabiri mu kwezi, bimaze kugaragaza ko byitabirwa cyane n’abiganjemo urubyiruko, bikaba umwanya wo kubona impano nshya mu ruganda rw’urwenya ruri mu zikomeje kwiyubaka mu Rwanda.

Nk’uko mu mpera z’umwaka ushize byagendaga, kuri uyu wa Kane nabwo abitabiriye Gen-Z Comedy Show bari benshi ku buryo abatinze kuhagera bagowe no kubona ibyicaro cyane ko ahabera ibi bitaramo haba hakubise huzuye.

Abanyarwenya bakizamuka batembagaje abantu

Mavide na Pazo bigaruriye imitima y’abitabira iki gitaramo cy’urwenya ku buryo umwanya bahawe bawukoresheje ukabona ko buri wese uri muri cyumba yabishimiye.

Bageze imbere batera urwenya ku bahanzi baririmba indirimbo zo guhimbaza Imana. Bageze kuri Israel Mbonyi, bavuga ko azajya mu ijuru ariko bageze kuri Bruce Melodie bamuheza hanze y’ijuru kubera ko yaririmbye izirimo Akinyuma. Bashakaga gutanga impanuro zo kwereka abahanzi ko gukorera Imana bireba buri wese.

Umunyarwenya witwa Michael waturutse muri Tanzania yahawe umwanya akandiraho biranga. Yageze imbere afatwa n’ubwoba bw’abantu bari buzuye mu cyumba.

Yagerageje biranga kugeza ubwo Fally Merci wayoboye igitaramo yamusanze ku rubyiniro akamurwanaho bityo abona amahirwe yo kuva imbere y’abafana atarabarambira.

Isekere Nawe yazanye umuvuno wo gusetsa akoresheje inyigisho zo muri Bibiliya. Ni umunyarwenya uzi kugenzura amarangamutima y’abafana dore ko areba abari imbere ye akabateraho urwenya kandi bikaryohera buri wese. Bigaragara ko adakoresha urwenya yafashe mu mutwe, ibintu bimuhesha gukundwa.

Gen-Z Comedy Show yitabiriwe na bamwe mu bamaze kugira amazina mu myidagaduro yo mu Rwanda nka Junior Giti usobanura filimi unareberera inyungu z’umuhanzi Chriss Eazy, yari kumwe n’umugore we.

Umubyinnyi Titi Brown yazanye n’umukinnyi wa filimi Nyambo Jessica bamaze igihe bakundana. Dr Nsabi na Killerman bo bafashe umwanya bakina agace gato ko gusetsa abantu.

Umuhanzi Da Rest, umunyamakuru w’imikino Benjamin Gicumbi wa radiyo B&B Fm Umwezi , Zaba Missed Call na Lynda Priya, Burikantu na Buringuni, Kabano Franco n’abandi bari mu bitabiriye iki gitaramo gisigaye cyitwa iseka rusange.

Igitaramo cyashyizweho akadomo hateguzwa icyo ku itariki 25 Mutarama 2024.

Minisitiri w'Urubyiruko yari yashyigikiye abato afite mu nshingano
Kabano Franco ni umwe mu bataramiweho muri ibi birori
Ibi bitaramo bimaze kugaragaza impano za benshi bakizamuka mu gusetsa
Minisitiri Utumatwishima yari yanyuzwe n'urwenya rwaterwaga
Buri wese yiyereka abafana mu buryo bwe
Fally Merci ni we uyobora Gen-Z Comedy Show
DJ Wanyama yavanze imiziki yafashije abanyarwenya
Umuziki uvanze n'urwenya biruhura umutima
Umunyamakuru Niyigaba Clement yari yizihiwe
Mavide na Pazo nibo babaye abanyarwenya b'umunsi
Mavide na Pazo bateye urwenya kuri Yago Pon Dat abafana baraseka baratembagara
Lynda Priya na Zaba Missed Call bongeye guhurira mu ruhame nyuma yo kwiyunga
Mavide na Pazo bakebuye abahanzi barimo Bruce Melodie ko kuririmba Akinyuma bizamugonga nagera kuri Malayika winjiza abantu mu ijuru
Killerman na Dr Nsabi bahawe umwanya bakina urwenya
Kamanda Promesse ufotora ni umwe mu bakunze kwitabira iki gitaramo
Junior Giti, Da Rest na Zaba Missed Call

Amafoto: Gen-Z Comedy Show, Gift Munyarugerero


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages