00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Utumatwishima yakebuye abahanzi baririmba ibishegu, bakambara nabi

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 5 August 2026 saa 01:26
Yasuwe :

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Népo Abdallah, yakebuye abahanzi baririmba indirimbo zirimo amagambo ataboneye (ibishegu), bakaniyambika nabi nk’uburyo bwo gukurura abafana, agaragaza ko ibyo bihabanye n’indangagaciro z’umuco Nyarwanda.

Ibi yabigarutseho ku wa 4 Kanama 2026, ubwo ababarizwa mu ruganda ndangamuco mu Rwanda barimo abahanzi n’abashoramari muri uru rwego bahuriraga mu biganiro bigamije kurebera hamwe umusanzu batanga mu iterambere ry’Igihugu.

Minisitiri Dr. Utumatwishima yashimye abahanzi ibyishimo batanze ku Banyarwanda binyuze mu bitaramo bateguye muri iyi mpeshyi yo mu 2026.

Ati “Ndashimira kubera ibitaramo byose mwateguye kuva muri Kamena kugeza ubu. Icyo nababwira ni uko Abanyarwanda mwabahaye ibyishimo.”

Yakomeje ababwira ko bakwiriye kujya barangwa n’imyitwarire mu byo bakora n’ibyo bahimba kuko kugira ngo umenyekane bidasaba kwitwara nabi.

Ati “Ntabwo ukeneye kuririmba ibintu bibi no kugaragara nabi ngo nibwo uzakundwa, hari abakoze ibintu byiza cyane kandi barahari barakunzwe cyane.”

Yatanze urugero rwa King James na Israel Mbonyi bari mu bahanzi bake mu Rwanda bujuje BK Arena kandi basanzwe bitwara neza ndetse bakaba bagira n’ibihangano byiza.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yasabye aba bahanzi kwiyitaho ku mubiri no mu myitwarire kugira ngo ababakurikira bakomeze babigireho byinshi byabagirira akamaro mu buzima bwabo.

Ati “Abantu muri uru ruganda rw’umuziki turabasabye mwiyiteho kugira ngo n’abana babareberaho bagire icyo basigarana.”

Nel Ngabo yatanze ibitekerezo ku bijyanye n'uburyo uru ruganda rw'umuziki rwatera imbere
Minisitiri Utumatwishima yakebuye abahanzi baririmba ibishegu, bakambara nabi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages