Ni ibirori byabereyemo ibikorwa bitandukanye kuko byahurijwemo imideli, umuziki n’ibindi bitandukanye. Ku ikubitiro abitabiriye hafi ya bose banyuze ku itapi itukura, bafatwa amafoto abandi baganiriza itangazamakuru.
Nyuma bahawe ikaze na Sherrie Silver wabiteguye, agaragaza ko icya mbere cyatumye abitekereza yashakaga gufasha urubyiruko rufite impano, yaba mu kuzimurika no mu bundi buryo bushoboka bwarufasha kwiteza imbere no kugirira umumaro igihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yashimiye Sherrie Silver wabitekereje ndetse by’umwihariko akabikora agamije gukomeza guteza imbere impano.
Yagaragaje ko ari ishema kuba umwe mu bitabiriye uyu mugoroba udasanzwe, ati “Ndashaka gutangira nshimira Sherrie Silver kubera uko yakoresheje impano ye mu gufasha abandi, mu kubafungurira amarembo, no mu gutuma ubuhanzi bw’Abanyafurika bugera kure hashoboka. Iri joro ni ikimenyetso cyerekana icyo bishobora kuvamo iyo twizera urubyiruko kandi tukarushoramo binyuze mu buhanzi atari ugukora ubugiraneza, ahubwo nk’urufunguzo rw’impinduramatwara ku gihugu.”
Yakomeje avuga ko urugendo rw’umuhanzi rutangirira ku kwizera impano, inzozi, no kwizera ko ubuhanzi buzahora ari imbarutso y’iterambere ry’imibereho y’abantu.
Yavuze ko Leta y’u Rwanda iyobowe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, yashinze imizi kuri uwo mugambi wo guteza imbere ubuhanzi. Ati “Twiyemeje gushyira ubuhanzi n’ubugeni mu mutima w’imbarutso y’impinduka z’igihugu cyacu.”
Yasabye kandi abafatanyabikorwa, abashoramari n’inshuti, gukomeza gushora imari mu rubyiruko rw’u Rwanda, babaha amahirwe, ubujyanama, n’ubumenyi burambye. Ati “Kuko iyo mushoye mu musore cyangwa inkumi ifite impano, muba mushoye mu bukungu n’iterambere ry’aho bakomoka.”
Ijoro ry’ibidasanzwe…
The Silver Gala’ habereyemo ibindi bikorwa bitandukanye. Muri ibyo harimo kuba Jolly Mutesi yaguze 1000$ (asaga miliyoni 1,4 Frw) umwenda w’Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa wanditswe n’abakinnyi b’iyi kipe.
Yawuguze agamije kuwugira umutako iwe. Uyu mukobwa yatanze aka kayabo ahigitse abandi bashakaga kuwugura ariko bari kubyiganira kuri 700$.
Muri ibi birori bya kandi hahembwe abari bambaye neza. Ni igihe cyahataniwe n’abarimo Olivia The Design, Bwiza, Anitha Urayeneza uzwi mu ishoramari nka nyiri Romantic Garden, Mutesi Jolly, Miss Nishimwe Naomie, Tanga Designs, Juno Kizigenza na Ross Kana.
Aba bose Bwiza ni we wabahigitse yegukana 1000$. Ni ku nshuro ya kabiri Bwiza yegukanye iki gihembo kuko no mu mwaka ushize ibi birori biba bwa mbere ari we wari watsinze.
BK Foundation kandi yemeye kwishyurira abana 100 bo muri Sherrie Silver Foundation, amashuri yaba ari abiga mu ya Leta cyangwa ayigenga.
Umuhanzi w’imideli mwiza yahembwe 5000$ na internet ya Canal Box y’amezi atandatu. Iki gihembo cyahawe abitwa Icyacumi.
Abitabiriye ibi birori basusurukijwe n’abahanzi batandukanye barimo Juno Kizigenza, Butera Knowless, Massamba Intore, Chella wo muri Nigeria na Sherrie Silver afatanyije n’abana yahurije muri Sherrie Silver Foundation.
Amafoto: Rusa Willy Prince & Cyubahiro Aimable Key



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!