00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Miss Kenza ukomoka mu Rwanda yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Bubiligi (Amafoto)

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 25 February 2024 saa 11:55
Yasuwe :

Kenza Johanna Ameloot w’imyaka 22 ufite inkomoko mu Rwanda, yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Bubiligi 2024.

Kenza yegukanye iri kamba ahigitse abakobwa basaga 32 bari bahagarariye intara zitandukanye muri icyo gihugu, mu birori byabereye ahazwi nka ‘Proximus Theater’ mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2024.

Uyu mukobwa w’imyaka 22 yegukanye iri rushanwa asimbuye Emilie Vansteenkiste wari ufite ikamba rya Nyampinga w’u Bubiligi 2023. Kenza asanzwe ari umunyeshuri mu ishami ry’ubucuruzi mpuzamahanga.

Ameloot usanzwe ari uwerekana imideli wabigize umwuga, avuka ku mubyeyi w’Umunyarwanda witwa Gakire Joselyne na Se w’umubiligi. Yavukiye mu Bubiligi ahigira amashuri abanza n’ayisumbuye, ubu ni naho akorera.

Aherutse kubwira shene ya YouTube ya Isimbi Tv ko akunze kugendera u Rwanda cyane cyane mu gihe cy’ibiruhuko, kandi ko ari igihugu yisangamo.

Yavuze ko afite umushinga wo gufasha abana bo mu Bubiligi batishoboye gukomeza amashuri, kandi ko yishimira urwego u Rwanda rumaze kugeraho rwo kwikemurira ibibazo.

Johanna yanditse aya mateka yiyongera ku rutonde rw’abanyarwanda bageze kure mu marushanwa mpuzamahanga y’ubwiza, barimo Uwitonze Sonia Rolland wegukanye Miss France 2000.

Kenza Johanna Ameloot w'imyaka 22 ni we gukanye ikamba rya nyampinga w'u Bubiligi
Kenza Johanna Ameloot aherutse mu Rwanda aho yavuze ko yagiriye ibihe byiza
Abakobwa 32 nibo bari bahatanye na Kenza muri iri rushanwa
Kenza yari ahatanye n'abandi bakobwa begukanye amakamba atandukanye muri iri rushanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages