00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Miss Nishimwe Naomie yatunguye umukunzi we ku isabukuru (Amafoto)

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 21 January 2024 saa 12:09
Yasuwe :

Miss Rwanda 2020 Nishimwe Naomie yateguye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi we Michael Tesfay bamaze imyaka itatu bakundana.

Ni isabukuru yateguwe kuri uyu wa Gatandatu muri Restaurant yitwa Cloud9 iherereye Remera mu karere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali.

Amakuru agera kuri IGIHE ahamya ko Nishimwe Naomie n’inshuti ze bateguye ibirori mu ibanga, batumira Michael Tesfay ariko atazi icyo bigamije.

Michael Tesfay yahageze bwije asanga inshuti za Naomi n’ize bamwiteguye, bamwakira bamuririmbira biramutungura.

Nishimwe Naomie na Michael Tesfay ukomoka muri Ethiopia bamaze iminsi bitegura kurushinga, dore ko uwo musore aherutse kumwambika impeta y’urukundo.

Ku mafoto Nishimwe Naomie yasangije abamukurikira kuri Instagram yanditse ati:"Ugire isabukuru nziza mutima, ndagukunda".

Michael Tesfay watwaye umutima wa Nishimwe Naomie, yavukiye I Toronto muri Canada ku babyeyi bo muri Ethiopia.

Michael Tesfay yaje I Kigali mu 2021 ari nabwo mu 2022 yaje guhura na Nishimwe Naomie baramenyana byimbitse baza kwiyemeza gusangira urugendo rw’ubuzima basigaje.

Michael Tesfay ni rwiyemezamirimo ufite ibigo by’ubucuruzi bihanga udushya mu ikoranabuhanga.

Miss Naomie amaze imyaka itatu akundana na Tesfaye
Byari ibyishimo ku isabukuru ya Tesfaye
Michael Tesfaye yatunguwe ku isabukuru ye
Isabukuru ya Tesfaye yizihirijwe i Remera mu mujyi wa Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages