Uwimana uvuka mu Murenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza, yitabiriye ijonjora ryabereye mu Mujyi wa Huye, kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022.
Uyu mukobwa ufite imyaka 26 y’amavuko, yari yaje yitwaje inshuti ye yitwa Faina Kabayiza biganye mu mashuri yisumbuye, nk’uwagombaga kujya amufasha gusemurira abagize Akanama Nkemurampaka.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo gutambuka mu ijonjora mu Majyepfo, yavuze ko abona abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bahezwa, bikababera imbogamizi ku iterambere ryabo.
Ati “Mbona abantu rimwe na rimwe baheza abana batumva ntibanavuge akenshi ntibajya mu ishuri ndetse iterambere ryabo riba rigoye kuko baba bakeka ko nta bwenge bafite ariko biratandukanye kuko bashoboye.”
Akomeza akangururira ababifite mu nshingano kuba hari icyo bakora ku bana batumva cyangwa batavuga kugira ngo babashe kwiga kuko bikiri ikibazo kuri bamwe.
Yakuranye inzozi zo kwitabira amarushanwa y’ubwiza
Uwimana yavuze ko yakuranye inzozi zo kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda kuko akiri umunyeshuri mu yisumbuye yakundaga kwitabira ibikorwa byo kumurika imideli.
Avuga ko mu 2021 yashatse kwitabira Miss Rwanda, umuryango n’abavandimwe baramushyigikira, ariko hari zimwe mu nshuti ze zamubwiye ko atazabasha kumvikana n’Akanama Nkemurampaka kuko azagorwa no gusobanura umushinga we.
Mu 2022 yaje gufata iki cyemezo ndetse ariyandikisha aza kwemererwa kuzitabira irushanwa, aza no gutsindira guhagararira Amajyepfo muri iri rushanwa.
Uyu mukobwa ngo kera akivuka abantu bajyaga babwira iwabo ko ntacyo azafasha ababyeyi be. Bavugaga ko akwiriye kuguma mu rugo kuko ntacyo yajya gukora ku ishuri ariko ku bw’amahirwe aza kwiga.
Akomeza abwira abagitekereza gutyo ko abafite ubumuga bashoboye.
Asaba Leta uhereye ku nzego z’ibanze ko bashyiraho abantu bahuguriwe amarenga ku buryo babasha kuvugana n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.
Uwimana wize uburezi mu mashuri yisumbuye yifuza gukomeza amashuri ye akiga muri Master’s ubundi akajya gushaka bagenzi be batabashije kwiga akabibakangurira.
Yasembuye amarangamutima ya benshi
Abakoresha imbuga nkoranyambaga barimo n’umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), bagaragaje ko bishimiye ugushira amanga k’uyu mukobwa.
Uyu mukobwa kugeza ubu ari mu bari kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ndetse abantu benshi bari kuvuga ko ashobora kwegukana ikamba rya Miss Populality.
Umuryango witwa “Media for Deaf Rwanda" ufasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga wanditse ku rukuta rwa Twitter ubutumwa bugaragaza ko washimishijwe no kuba uyu mukobwa yitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda.
Uti “Wakoze cyane Uwimana Jeannette ku yindi ntambwe ya Miss Rwanda. Twishimiye ubutwari wagaragarije mukobwa muto. Dushimiye abategura Miss Rwanda. Turizera ko uyu muyoboro ugiye kwerekana ko abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva ko ikirere kitakiri umupaka.”
Ubu butumwa Umuyobozi wa UNDP mu Rwanda, Maxwell Gomera nawe yabwuririyeho agaragaza ko ari indi ntambwe uyu mukobwa yateye.
Ati “Niba umuntu atekereza ko bitakunda, ubu biri kuba mu mubumbe uri hafi yawe. Komeza imbaraga zawe n’ibyishimo byawe kandi ntuzabitakaze.”
Aldo Havugimana usanzwe ari umuyobozi wa Radio Rwanda yanditse kuri Twitter avuga ko uyu mukobwa akwiriye guhabwa ikamba rya Miss Populality.
Ati “Uwimana Jeannette, ikamba rya Miss Popularity ndumva ko ntawe uzarimutwara ayandi yo bizaterwa n’abakemurampaka.”
Abanda bantu batandukanye bashimiye uyu mukobwa bavuga ko kwitinyuka kwe gufite igisobanuro gikomeye ku bafite ubumuga bacyitinya.
Uwimana Jeannette wari wamabye nimero 40 yabonye itike kimwe n’abandi bakobwa bagenzi be bari biyamamarije mu ntara y’Amajyepfo barimo uwitwa Ituze Ange Melissa (No.14), Tanganyika Elizabeth (No.1), Ashimwe Michelle (No.32), Kamikazi Queen Roxanne (No.13)Ikirezi Happiness (No.03) , Ruzindana Belyse (No.31) , Irakoze Sabrine Huguette (No.34) na Keza (Melissa No.24).
This is AMAZING. All hail UWIMANA. And if anyone ever thought it can’t be done, well, its happening. In a PLANET near you! Keep your power and joy for yourself, and never give it away. That way, sky is the limit. Congrats too to the Rwandaful @MissRwandaDotRW https://t.co/vn5Vf18dGH
— Maxwell Gomera (@GomeraM) February 6, 2022
Bwa mbere Miss Rwanda yitabiriwe n’ufite ubumuga bwo kutavuga
Uwimana Jeannette ni umwe mu bakobwa 47 bitabiriye iri jonjora ryo gushakisha abahagararira Amajyepfo.
Uyu mukobwa yageze imbere y’Akanama Nkemurampaka aherekejwe n’umusemuzi wamufashaga kuganira na bo. pic.twitter.com/pfpRgOZjIy
— IGIHE (@IGIHE) February 5, 2022
Uwimana Jeannette, ikamba rya Miss Popularity ndumva ko ntawe uzarimutwara ayandi yo bizaterwa n'abakemurampaka! #MissRwanda2022 @MissRwandaDotRW #RwOT #Rwanda pic.twitter.com/x5UAJwhLBQ
— Aldo Havugimana (@AldoHavugimana) February 5, 2022
Yitwa Uwimana Jeannette ni umwe mu bakobwa icyenda batoranyijwe kuzahagararira Intara y'Amajyepfo muri Miss Rwanda.
Afite imyaka 26
Yavukiye Gakenyeri, Busasamana, mu Karere ka Nyanza. pic.twitter.com/yY4FilrMZy
— Akayezu Jean de Dieu (@AkayezuJa) February 5, 2022
Disability is not inability @Erasmen @ncpdrwanda https://t.co/L3pnJBbYBQ
— Nyanza District (@NyanzaDistrict) February 6, 2022



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!