Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Mitsutsu yasangije abamukurikira ubutumwa bubabaje, agaragaza ko umuvandimwe we yitabye Imana nyuma y’igihe kinini yari amaze arwaye.
Mu butumwa bwe bwuje agahinda yagize ati “Iruhukire mu mahoro papa. Ndagukunda kandi nzahora ngukunda. Uri intwari y’umuryango. Ndashimira mwese twabanye muri uru rugendo rutari rworoshye. Imana ibahe umugisha.”
Mu minsi ishize, Mitsutsu yari yafashe icyemezo cyo guteza utwe kugira ngo abone amafaranga yo gukomeza kuvuza murumuna we, wari umaze imyaka ibiri arembeye mu bitaro.
Uyu musore yitabye Imana nyuma y’igihe kinini yari arwariye mu Bitaro bya CHUK, mbere yo kwimurirwa mu Bitaro bya Gisirikare bya Kanombe, ari na ho yaguye.
Kugeza ubu ntiharatangazwa uburwayi yari afite, gusa bimwe mu bimenyetso yari afite ni ukumungwa isura.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!