Ibirori byo gutanga ibihembo bya Oscars byabereye ahitwa Dolby Theatre muri Hollywood aho benshi mu bihangange muri sinema ku Isi bari bateraniye bareba filime n’abakinnyi babaye indashyikirwa kurusha abandi.
By’umwihariko, filime yitwa "La Forme de l’eau" yakozwe na Guillermo del Toro wo muri Mexique, yahembwe nk’iyahize izindi[meilleur film] muri ibi birori byabaye ku Cyumweru tariki ya 4 Werurwe 2018. Yahawe ibihembo bine mu byiciro bitandukanye.
Muri ibi birori byatanzwemo ubutumwa bwibanda ku kwamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina, umukinnyi wa filime Lupita Nyong’o yabyitabiriye afite insokozo itamenyerewe. Umuhanzi wayimushyizeho yabwiye Vogue magazine ko yayikoze yigana amasunzu yo mu Rwanda.
Vernon François wahaye Lupita iyi nsokozo, yashimangiye ko yahisemo kumusokoza muri ubu buryo mu rwego rwo “kugaragaza umwihariko no kumusokoza bitandukanye n’ibisanzwe”.
Uyu Vernon François ni na we wakoze imisatsi y’abakinnyi ba filime Black Panther nk’uko bagaragara ku gifuniko cy’ikinyamakuru ‘Allure’ cyasohotse muri Werurwe 2018.
Yagize ati “Mu by’ukuri twashakaga gukora ikintu gifite isuku kandi cyuzuzanya neza n’ikanzu yari yambaye, ikindi twashakaga insokozo ituma ijosi rye rigaragara neza.”
Lupita Nyong’o yari amaze igihe kinini afite umusatsi migufi, mu mwaka wa 2014 yitabiriye ibirori bya Oscars[benshi bita Academy Awards] afite umusatsi muke ndetse icyo gihe yari yayizirikishije agatambaro kera gashushe nk’urugori. Muri ibyo bihembo nibwo yahawe icya Best Supporting Actress Oscar ku bwa filime ‘12 Years a Slave’.
Vernon François, ni umuhanga mu byerekeye gutunganya imisatsi ni na we usanzwe wita ku mutwe wa Lupita. Yashimangiye ko insokozo ya Lupita Nyong’o yashatse kuyikora ku buryo igaragara nk’amasunzu yakanyujijeho mu Rwanda mbere y’ikinyejana cya 20 mu rwego rwo kumuha umwihariko mu bindi byamamare.



















TANGA IGITEKEREZO