00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu gitaramo ‘Kigali Dutarame’ abakunzi b’injyana gakondo bashyizwe igorora

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 20 November 2025 saa 12:50
Yasuwe :

Iminsi irabarirwa ku ntoki kugira ngo abanya-Kigali bataramirwe mu ndirimbo n’imbyino gakondo, mu gitaramo cyiswe “Kigali Dutarame” cyateguwe n’Umujyi wa Kigali ufatanyije na Sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda, ndetse n’abandi bafatanyabikorwa.

Ni igitaramo kizabera muri BK Arena ku wa 22 Ugushyingo 2025, aho kizihuza abahanzi bakunzwe mu njyana gakondo barangajwe imbere na Intore Massamba, Teta Diana, Jules Sentore, Ruti Joel na Boukuru. Biteganyijwe ko iki gitaramo kizajya kiba buri mwaka.

Abazitabira ibyo birori kandi bazasusurutswa mu mbyino gakondo n’amatorero atanu asanzwe amenyerewe mu bitaramo n’ibirori byitsa ku muco nyarwanda, ariyo: Ishyaka ry’Intore, Indatirwabihizi, Inganzo ngari, Inyamibwa ndetse n’Ibihame by’Imana.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, cyo ku wa 19 Ugushyingo 2025, Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yavuze ko bateguye iki gitaramo bijyanye na gahunda y’umujyi yo kugira Kigali ishyushye, ikeye kandi itekanye, avuga ko bahisemo injyana gakondo kuko umuco w’u Rwanda wihariye.

Ati “Ni igikorwa twatekereje muri gahunda dusanganwe yo kugira Kigali ishyushye, ikeye kandi itekanye, aho twifuza ko Kigali iba umujyi abantu bisangamo bagasanga hasa neza, hari amafu ariko bakabona n’uburyo bidagadura.”

“Muri iyo myidagaduro rero Umujyi wa Kigali dushyira imbere umuco kuko tuzi neza ko umuco wacu wihariye.”

Yakomoje ku itariki 3 Ukuboza 2024, ubwo Intore z’u Rwanda zashyirwaga mu murage Ndangamuco w’Isi, avuga ko u Rwanda rufite ikirezi kandi nk’Umujyi wa Kigali bazi neza ko cyera, ariyo mpamvu bahisemo gushyira itafari ryabo ku njyana gakondo, bategura ibitaramo bigaruka ku muco n’amateka by’u Rwanda.

Alain Numa wari uhagarariye MTN Rwanda, yatangaje ko bateguye iki gitaramo mu rwego rwo gusigasira umuco nyarwanda ndetse no kwegera abakiliya babo, yizeza abazitabira ko bashonje bahishiwe.

Ati “Umuco wacu nyarwanda nta handi wawusanga, ari yo mpamvu dukwiye kuwusigasira, uzaba ari n’umwanya mwiza wo kwegera abakiliya bacu, tubasobanurira gahunda nyinshi tubafitiye, ndetse n’ugize ikibazo tuzaba turi hafi tubibafashemo.”

Umujyi wa Kigali utegenya ko igitaramo ‘Kigali Dutarame’ kizaba ngarukamwaka, aho abahanzi gakondo bazajya bahurizwa hamwe mu rwego kuzirikana indangagaciro n’amahame biranga umuco w’Urwagasabo.

Massamba Intore, umaze imyaka 41 akora umuziki gakondo yashimye abateguye iki gitaramo, avuga ko guhuriza hamwe abakora iyi njyana ari ndoto bagize zibaye impamo, asaba abakunzi ba gakondo kuzitabira ku bwinshi.

Ati “Ni ibintu byadushimishije cyane kubona amatorero n’abahanzi gakondo bahurizwa hamwe, izo mbaraga zikajya hamwe kugira batange igitaramo cyuzuye koko, umuco wacu niwo uturanga, niwo watugejeje kure kandi uhora utwibutsa ko dukwiye kuba twebwe, nicyo bita ubudasa bw’u Rwanda.”

“Ndashimira cyane MTN, Umujyi wa Kigali n’abandi bafatanyabikorwa, kuba baratekereje kuri gakondo, bakumva ko yajya hamwe ikaduha igitaramo umujyi ugashyuha ukanezerwa.”

Ni igitaramo cyateguwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda, Umujyi wa Kigali, BRD na I&M Bank Plc
Alain Numa wari uhagarariye MTN Rwanda, yatangaje ko bateguye iki gitaramo mu rwego rwo gusigasira umuco nyarwanda ndetse no kwegera abakiliya babo
Abahanzi bazatarama muri 'Kigali Dutarame', bizeye kuzahacana umucyo
Boukuru ni umwe mu bahanzi bato bari kuzamuka neza mu njyana gakondo
Teta Diana, wari umaze igihe adataramira Abanyarwanda ni umwe mu bategerejwe muri iki gitaramo
Igitaramo ‘Kigali Dutarame’ kizahuriza hamwe abakora injyana gakondo mu ndirimbo no mu mbyino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages