00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhinde yateguriwe igitaramo cyihariye muri ‘Gen-Z Comedy’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 May 2026 saa 04:51
Yasuwe :

Nyuma yo gusoza amasomo y’icyiciro cya mbere cya kaminuza muri RP Musanze, Muhinde yateguriwe igitaramo cyihariye muri Gen-Z Comedy kikazabera muri Camp Kigali ku wa 28 Gicurasi 2026.

Iki gitaramo ni icyo kwishimira ko uyu munyarwenya yasoje urugendo yari amazemo iminsi yiga muri ‘RP Musanze’ cyane ko hari n’aho yageze akava mu byo kwiga mbere y’uko Fally Merci amusubiza ku ishuri.

Mu kiganiro na IGIHE yagize ati “Nishimiye kuba ndangije amasomo ndetse ubu nkaba mpawe impamyabumenyi, icyakora abantu banjye tuzishimana ku wa 28 Gicurasi 2026 muri Camp Kigali.”

Ku rundi ruhande Muhinde umaze gukuza izina mu bijyanye n’urwenya yahawe umwihariko muri iki gitaramo nk’umunyarwenya watangiye kwiga akina muri ‘Gen-Z Comedy’, agashaka no gutwarwa n’ubwamamare ngo acikirize amasomo agasubizwa mu ishuri na Fally Merci usanzwe ategura ibi bitaramo, kuri ubu akaba yahawe impamyabumenyi.

Muhinde ari mu banyeshuri ba RP Musanze bashyikirijwe impamyabumenyi zabo, mu minsi ishize yabwiye IGIHE ko afite ishimwe kuri Fally Merci usanzwe ari n’umukoresha we muri Gen-Z Comedy.

Ati “Ndasjimira Fally Merci usanzwe ari n’umukoresha wanjye muri Gen-Z Comedy. Mu 2024 bimwe ubwamamare bushukana, nagize agatima ko guhagarika ishuri ndetse ndivamo. Mu gihe yahoraga ambona mu myitozo no mu bitaramo yaje kunshyira ku ruhande ambaza impamvu ntakijya ku ishuri mubwira ko nahisemo kuba mbihagaritse.”

Uyu musore warangije amashuri yisumbuye mu 2022 aho yari yarize ibijyanye na ‘Software Development’, arangije icyiciro cya mbere cya kaminuza muri RP Musanze mu bucuruzi bukorewe kuri internet ‘E-Commerce.’

Ku rundi ruhande Muhinde aherutse guhishura ko yatangiye no kwiga icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri ‘University of Kigali’.

Muhinde ni umwe mu banyeshuri bahawe impamyabumenyi y'icyiciro cya mbere cya kaminuza muri ‘RP Musanze’
Nyuma yo gusoza amasomo y'icyiciro cya mbere cya kaminuza muri 'RP Musanze', Muhinde yateguriwe igitaramo cyihariye muri 'Gen-Z Comedy'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages