00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muri ‘MTN Iwacu na Muzika Festival’ hafashwe umunota wo kwibuka Jay Polly

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 28 June 2026 saa 07:51
Yasuwe :

Mu gitaramo cya kabiri cya ‘MTN Iwacu Muzika Festival 2026’ cyabereye i Ngoma hafashwe umunota wo kwibuka no guha icyubahiro umuraperi Tuyishimire Joshua ‘Jay Polly’, witabye Imana mu 2021.

Ibi byabaye ku wa 27 Kamena 2026. Jay Polly ari mu bahanzi bagaragaye muri Iwacu Muzika Festival itangira mu 2019. Yongeye kuyitabira mu 2020.

Hafashwe umwanya wo kwibuka uyu muraperi nyuma y’aho Davis D, yari amaze gutaramira ab’i Ngoma. Ku nyakiramashusho zari muri Stade ya Ngoma ku rubyiniro, hagaragajwe ifoto y’uyu muhanzi iriho amagambo agira ati “Komeza kuruhukira mu mahoro.”

Nyuma y’umunota, hacuranzwe indirimbo z’uyu muhanzi wegukanye Primus Guma Guma Super Star mu 2014, zirimo “Kumusenyi”, “Ndacyariho”, “Deux Fois Deux” ndetse n’izindi nyinshi zakunzwe n’Abanyarwanda.

Kuri uwo munsi Marina nawe yahaye icyubahiro umuraperi Jay Polly, abikora aririmba indirimbo bakoranye zakunzwe n’abatari bake zirimo “Too Much” na “Coming Home”

Ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ by’uyu mwaka biri kuzenguruka mu mijyi irindwi y’u Rwanda kuva ku wa 20 Kamena 2026 kugeza ku wa 1 Kanama 2026.

Muri MTN Iwacu na Muzika Festival hafashwe umwanya wo kwibuka Jay Polly witabye Imana mu 2021

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages