Lupita Nyong’o aherekejwe na Junior Nyong’o bava inda imwe, bitabiriye ibirori bya ’The Academy Museum Gala 2023’ batambuka ku itapi y’umutuku uyu mugabo yambaye imyambaro yakozwe n’inzu y’imideli ya ’House Of Tayo’ iri mu zubatse izina rikomeye i Kigali mu gihe mushiki we yari yambaye ikanzu yakozwe na Chanel.
Si ubwa mbere uyu mugabo yeretse urukundo iyi nzu ihanga imideli, kuko mu 2022 ubwo bari bitabiriye ibirori byo kumurika igice cya kabiri cya filime ya ‘Black Panther’ cyiswe “Wakanda Forever”, musaza wa Lupita Nyongo’o nabwo yari yaserutse yambaye umwambaro wakozwe na House of Tayo.
Junior Nyong’o na House of Tayo bamaze kubaka ubumwe kuko no mu 2018 ubwo hamurikwaga igice cya mbere cy’iyi filimi i Los Angeles na bwo ni bo bamwambitse kimwe no mu bukwe bwe mu 2020 ubwo yashyingirwaga na Wanja Wahoro.
Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, Rugamba washinze House of Tayo, yavuze ko hari umuntu wamuhuje na Junior Nyong’o bituma amusaba amahirwe yo kumukorera imyenda icyo gihe.
Ati “Namenyanye na Junior binyuze ku nshuti twari duhuje mu 2018, icyo gihe namukoreye ikote yari yambaye mu imurikwa ry’igice cya mbere cya Black Panther”.
House of Tayo imaze kuba ubukombe mu nzu z’imideli nyarwanda aho yambitse ibyamamare bitandukanye nka Mr Eazi, Adenkule, Davido, Burna Boy, Ruger, Sarkodie, Amadou Fall, Joakim Noah, DJ Neptune, Maps Maponye, Jubril Agoro n’abandi.
Ibi birori Lupita Nyongo’o na musaza we bitabiriye byarimo kandi abarimo Oprah Winfrey uzwi mu kiganiro “The Oprah Show”, Umukinnyi wa Filime Leonardo Dicaprio uzwi muri The Titanic n’izindi, Umuhanzikazi Selena Gomez n’abandi benshi.
Ibi birori byabereye mu kigo Academy Museum of Motion Pictures ku Cyumweru tariki 3 Ukuboza 2023, byitabiriwe kandi n’ibindi byamamare bitandukanye birimo Hailey Bieber umufasha wa Justin Bieber, Taraji P Henson uzwi muri Empire n’abandi.
Muri ibi birori hazirikanwe uruhare abarimo Michael B Jordan na Ophrah Winfrey bagize mu guteza imbere uruganda rw’imyidagaduro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Ni ibirori kandi byakusanyirijwemo amafaranga yo gukomeza inzu ndangamurage ya Sinema, y’iki kigo Motion Pictures.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!