Abinyujije kuri Instagram, Nana Nadine yashyize hanze amafoto y’ibirori yambikiwemo impeta ku wa 15 Nyakanga 2026.
Mu butumwa yaherekesheje ayo mafoto, Nana Nadine yagize ati “Ntangiye ubuzima bw’iteka ryose ndi kumwe n’umugabo umutima wanjye wari umaze igihe utegereje.”
Aya mafoto yakiriwe neza n’inshuti n’abamukurikira. Icyakora, uyu mukobwa ntiyashatse kugaragaza imyirondoro y’umusore wigaruriye umutima we, ndetse bitegura kurushinga mu minsi iri imbere.
Nana Nadine ni umwe mu bakinnyi ba filime bagezweho mu Rwanda. By’umwihariko, yakunzwe muri filime zirimo City Maid, Maya, Hurts Harder n’izindi nyinshi zatumye izina rye rirushaho kwamamara.
Mu mezi ashize, Nana Nadine, wari umaze kuzamura izina rye muri sinema y’u Rwanda, yatangiye gukora filime ye bwite yise Stain.
Iyi filime igaragaramo abakinnyi barimo Saranda Mutoni, Irakoze Ariane Vanessa, Shemaryimanzi Dylan, Kayonga Tessy n’abandi banyuranye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!