00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nana wamamaye muri Citymaid yasezeranye imbere y’amategeko (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 December 2024 saa 09:52
Yasuwe :

Uwamwezi Nadège wamenyekanye nka Nana muri filime ya Citymaid yasezeranye imbere y’amategeko n’umugabo we, Nsanzimana Patrick bamaze igihe babana, aho batuye mu Bubiligi.

Nana na Patrick basezeraniye muri Komine ya Charleroi aho banamaze igihe batuye, umuhango wabaye ku wa 14 Ukuboza 2024.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, bakomeje imyiteguro y’ubukwe bwabo buzabera muri Afurika mu minsi iri imbere nubwo nta makuru menshi barabutangazaho.

Uyu mukobwa yerekeje ku Mugabane w’i Burayi mu Ugushyingo 2021, icyo gihe bari bagiye gukora ubukwe icyakora icyorezo cya Covid-19 kibyitambikamo birangira budahise buba.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo twari twamusuye mu Bubiligi mu 2022, Nana yari yavuze ko bakisuganya ngo barebe ko basubukura gahunda z’ubukwe bwabo.

Akomoza ku mugabo we icyo gihe, Nana yahishuye ko mbere y’uko yerekeza i Burayi aho yari agiye kurushinga n’umugabo we, bari bamaze umwaka bakundana mu ibanga rikomeye.

Ku mpamvu zatumye atoranya Patrick nk’umugabo we, Nana yagize ati “Hari igihe umuntu muba muhuza, sinavuga byinshi mu byo namukundiye ariko ikiruta ibindi ni uko twahuje byose. Ameze nk’impanga yanjye!”

Nana na Patrick basezeranye imbere y'amategeko
Ibyishimo byari byose kuri uyu muryango wiyemeje kurushinga byemewe n'amategeko
Ibyishimo byari byose kuri Nana nyuma yo gusezerana imbere y'amategeko n'umugabo we
Nana na Patrick batangiye imyiteguro y'ubukwe bwabo buzabera muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages