00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ndi koroherwa - Bianca ku mpanuka yari imuhitanye

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 27 February 2026 saa 11:38
Yasuwe :

Umunyamakuru unakunze kwiyambazwa mu birori nk’umushyushyarugamba, Mugire Bianca yahishuye ko ukwezi gushize yakoze impanuka ikomeye yari imuhitanye ariko Imana ikinga ukuboko.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Bianca yavuze ko iyo bitaba Imana ukwezi gushize kwari gusiga indi nkuru kuri uyu munyamakuru, icyakora kugeza ubu ahamya ko akomeje koroherwa.

Bianca unaherutse guherekeza Bwiza mu gitaramo yakoreye i Rubavu muri ‘Amstel Tour du Rwanda Festival’ yavuze ko nyuma yo gukora iyi mpanuka ikomeye ubu ari koroherwa kandi yizeye ko mu minsi iri imbere azaba ameze neza.

Ati “Ubu meze neza, ndi koroherwa kandi ndashimira Imana ikindinze ndizera ntashidikanya ko ikimfiteho umugambi.”

Ibi Bianca yabigarutseho nyuma yo guhishura ko mu minsi ishize yakoze impanuka ikomeye yatumye agira ibikomere binyuranye.

Ati “Ukwezi gushize nakoze impanuka ikomeye ndetse iteye ubwoba, ni impanuka yankanguye ubwonko inyereka ko ubuzima bwacu ari bugufi [...] Ubu ndashimira Imana ko ndi kumera neza kandi niteguye kugarukana imbaraga.”

Bianca usanzwe ari umunyamakuru wa SK FM yamenyekanye cyane ubwo yakoraga kuri Flash FM na Flash TV aho yavuye yerekeza kuri Isibo TV.

Uretse kuba umunyamakuru uyu mukobwa azwi cyane mu gushyushya ibitaramo bitandukanye nka ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ ndetse akanamenyekana mu gutegura ibirori byo kumurika imideli yise ‘Bianca Fashion Hub’.

Bianca yari yakomeretse bikomeye ariko Imana ikinga akaboko ntiyagira icyo aba
Bianca yemeje ko akomeje koroherwa ndetse yiteguye gusubira mu kazi n'imbaraga nyinshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages