00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Netflix igiye gushyira hanze filime igaruka ku buzima n’ifungwa rya Diddy

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 2 December 2025 saa 08:35
Yasuwe :

Umuraperi 50 Cent yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri ari bwo Netflix isohora filime mbarankuru nshya bakoranye ikubiyemo ubuzima n’ibihe bikomeye by’icyamamare Sean “Diddy” Combs, aho harimo n’amashusho atari yarigeze ajya hanze yafashwe mu minsi itandatu mbere y’uko afatwa agafungwa ku wa 16 Nzeri 2024.

50 Cent n’umuyobozi w’iyi filime, Alexandria Stapleton, baganiriye na Robin Roberts wa “Good Morning America[GMA]” kuri uyu wa Mbere tariki 1 Ukuboza 2025, bagaruka ku by’ingenzi byagaragajwe muri iyi filime bise “Sean Combs: The Reckoning.”

Robin yababajije niba baratunguwe no kuba Diddy yarafashe amashusho y’ibihe byegeranye n’ifatwa rye ryakozwe n’inzego za Leta muri New York, kuko ayo bifashishije amwe bayakuye muri hoteli yacumbitsemo.

50 Cent yavuze ko byamutangaje cyane, mu gihe Stapleton we yavuze ko byerekana uko Diddy yari afite ubuhanga mu kwiyamamaza no kwerekana ishusho ye mu itangazamakuru.

Mu mashusho “GMA” yerekanye, hari aho Diddy aganira n’abanyamategeko be kuri telefoni mu buryo bwo kurwana ku rubanza rwe, ababwira ko agiye guhagarika ikiganiro kugira ngo bashake ibisubizo kuko “turi gutsindwa.”

Uyu mugabo wazunguzaga amaguru bigaragara ko afite ubwoba, agira ati “Tugomba gushaka umuntu uzakorana natwe, Turi gutsindwa.”

Iyi filime igizwe n’ibice bine, ikaba inagaragaramo babiri mu bari bagize akanama k’abacamanza b’urubanza rwa Diddy, bavuga bwa mbere mu ruhame ku cyatumye bafata umwanzuro wo kumuhamya icyaha, ndetse n’ibitekerezo byabo ku mubano w’igihe kirekire we na Cassie, bahoze bakundana wari uri no mu bashinjaga.

Diddy nk’uko byatangajwe n’inzego za Leta mbere, yari akurikiranyweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icuruzwa ry’abantu n’icyaha cyo kurenga ku itegeko rya Mann Act ribuza gutwara ku bushake indaya hagati ya Leta n’indi.

Mu rubanza, yaje guhamwa n’ibyaha bibiri byo kurenga ku itegeko rya Mann Act ahanishwa imyaka ine y’igifungo.

50 Cent ntabwo yigeze yorohera Diddy kuva igihe yafatwaga agafungwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages