Iki gikorwa cyatangiye kuwa 10 Mutarama 2017, gitegurwa na Rwanda Inspiration Back Up ifatanyije na Banki ya Cogebanque n’abafatanyabikorwa batandukanye.
Irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda ryazengurutse mu Ntara zose n’Umujyi wa Kigali hatoranywa abeza kandi b’abahanga kurusha abandi. Ku rwego rw’igihugu ubu hasigayemo abakobwa 15 bari guhatanira umwanya wa mbere.
Aba bakobwa bose, buri wese ari kuvugwa afite umwihariko we ndetse mu itangazamakuru baza imbere mu bagarukwaho cyane buri wese mu buryo bwe bwihariye.
Mu gihe cy’ibyumweru bibiri, abakobwa bamaze mu mwiherero, bigishijwe byinshi birimo kumenya kuvugira mu ruhame, intambuko iranga Nyampinga, indangagaciro z’umuco n’andi masomo atandukanye.
Buri wese wakurikiranye iri rushanwa afite umukobwa ashyigikiye kandi yifuza ko yagirwa Nyampinga w’u Rwanda agasimbura Mutesi Jolly wo muri 2016.
Irushanwa ry’ubwiza mu Rwanda ryatangiye mu 1993 icyo gihe Nyampinga yabaye Miss Uwera Dalila, ryambitswe Bahati Grace mu 2009, mu 2012 rihabwa Kayibanda Mutesi Aurore, mu 2014 ryambikwa Akiwacu Colombe, Kundwa Doriane arihabwa muri 2015 hanyuma mu mwaka wa 2016 asimburwa na Mutesi Jolly.
Mu bishingirwaho batoranya uwitwa Nyampinga, ngo babanza kureba uburanga, igikundiro n’ikimero byose bikabarirwa amanota. Nyampinga kandi aba ahiga abandi mu bumenyi no kumenya gusubiza ibibazo abazwa, iyi ngingo Ngo niyo ihabwa agaciro cyane kurusha izindi.
Ni nde ukwiye kuba Nyampinga w’u Rwanda muri bose?
Amafoto: Mahoro Luqman



















TANGA IGITEKEREZO