Ibi Dr. Murangira yabigarutseho mu kiganiro ‘Waramutse Rwanda’ gitambuka kuri Televiziyo y’u Rwanda ubwo yakomozaga ku bihe Igihugu kiri kwinjiramo byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yakomoje ku bahanzi, abibutsa ko ari ubugwari gucunga ibihe byo kwibuka bigeze bakava mu gihugu, bakajya gukorera ubuhanzi hanze yacyo.
Ati “Umwaka ushize hari abahanzi twabonye bahitagamo kuva mu gihugu bakajya ahandi kuhakorera ubuhanzi ni igikorwa cy’ububwa, cy’ubugwari. Ntabwo wajya uza gusarura amatunda iki gihugu cyageze mu gihe cy’amahoro mu gihe cy’urugamba ngo wowe uhunge.”
Dr. Murangira yibukije abahanzi ko bakwiye kujya baguma mu gihugu bakifatanya n’Abanyarwanda mu bihe byo kwibuka, bagafasha mu guhangana n’ibikorwa bishaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ati “Guma hano nawe ukoreshe bwa buhangange bwawe sosiyete nyarwanda yaguhaye duhangane n’iki kintu gishaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda, gishaka kudusubiza inyuma.”
Abandi yikijeho ni urubyiruko rwifata mu bihe byo Kwibuka rugakoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bwo kwishimisha, ahamya ko bidakwiye.
Ati “Kwibuka ni ibya buri wese si iby’igice kimwe, umwaka ushize twabonye abateshutse bakora ibiganiro kuri TikTok ubona ko ari ibyo kwishimisha.”
Ku rundi ruhande, Dr. Murangira yibukije urubyiruko ko imbuga nkoranyambaga zitabereyeho gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, ahamya ko abazihisha inyuma bakabikora, ukuboko k’ubutabera kubategereje.
Ati “Imbga nkoranyambaga ntabwo zabereyeho gukoreshwa ngo hakwirakwizwe ingengabitekerezo ya Jenoside, gupfobya guhakana ndetse n’imvugo z’urwango. Uko wakumva kose ngo uri kure ya hehe, ntabwo uzaba kure y’ukuboko k’ubutabera kuzakugeraho byanze bikunze.”
Dr. Murangira yanakebuye urubyiruko rujya rugwa mu mutego wo gusangiza ababakurikira amashusho, amafoto cyangwa ibindi birimo ubutumwa bwo gupfobya, guhakana cyangwa gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!