Ibi Madebeats yabigarutseho ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa 31 Mutarama 2026.
Uyu musore wageze i Kigali akakirwa n’abo mu muryango we, yavuze ko yahisemo kuhagera bucece kugira ngo ahite atangira ibikorwa bya muzika abone icyo avugiraho.
Madebeats yari amaze igihe yimukiye mu Bwongereza nyuma yo kubona ibyangombwa.
Ati “Ngaruwe no gukora imiziki, iyo mu Rwanda no mu Bwongereza ni inzira ebyiri ubona ko zitandukanye, hari ukuntu wakurikira ibya hariya ugasanga ibya hano wabitaye. Ngarutse kugira ngo nkomeze ibyo nari narubatse.”
Madebeats yavuze ko yagowe no guhita afatisha uruganda rwo gutunganya imiziki mu Bwongereza, gusa ko hari abahanzi bagiye bakorana ariko adashobora kubavuga kuko afitanye nabo amasezerano atabimwemerera.
Ku rundi ruhande, Madebeats ashimira abafana bakunze kugaragaza ko agikenewe ku isoko ry’umuziki w’u Rwanda.
Yabajijwe ku byavuzwe ko ashobora guhita akomereza muri 1:55AM Ltd, ahamya ko hari ibyo bari kuganira ariko we yumva ko icyo agiye gushyiramo imbaraga ari ugukorana n’abahanzi batandukanye adatoranyije.
Madebeats w’imyaka 28 yinjiye mu byo gutunganya imiziki ubwo yari amaze gusoza amashuri yisumbuye mu Ishami rya Electrical Engineering muri SOS Technical High School i Kagugu.
Yakoze indirimbo zakunzwe cyane mu myaka ibiri ishize nka ‘Thank You’ ya The Ben na Tom Close, ’Got It’ ya Safi Madiba na Meddy, ’Simusiga’ ya Christopher, ’Yes’ ya Alpha n’izindi nyinshi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!