Bibaye mu gihe hamaze iminsi hagaragara bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakazifashisha bagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abo barimo n’ab’amazina azwi nka Bad Rama wafashaga abahanzi mbere ariko akaba aherutse kuyoboka inzira y’abasebya u Rwanda n’abayobozi barwo.
Harimo na Sibomana Athanase, wabaye umunyamakuru wa Radio Rwanda, na we uherutse gutangiza ibiganiro avuga ko bigamije gusesengura amateka yaranze u Rwanda, nyamara benshi bakabibona nko gukoresha amagambo apfobya Jenoside.
Minisitiri Dr. Utumatwishima na we yakebuye urubyiruko ayoboye arusaba kutagwa mu mutego wo gushukwa n’ubu butumwa babona kuri murandasi. Yabinyujije kuri konti ye ya X kuri uyu wa 23 Mata 2026.
Ati “Nta busesenguzi bukomeretsa dushaka. Amateka y’ukuri arazwi kandi Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu iyatwigisha bihagije. Rubyiruko, mwitondere abantu bari kwigira intyoza bakora icyaha cya ‘revisionism’.
Yakomeje asobanura ko iki cyaha ari ugusobanura ibitari byo hagamijwe gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ati “Tubyamagane”.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!