00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyagatare: Queen Ringo yaguye amarabira muri ‘Summer Country Tour’, Imana ikinga ukuboko

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 June 2026 saa 08:30
Yasuwe :

Ubwo igitaramo cya ‘Summer Country Tour’ cyaberaga i Nyagatare cyasaga n’ikimaze guhumuza, abahanzi bari kugana mu modoka, Queen Ringo umwe mu nkumi zizwi muri sinema y’u Rwanda yafatiwe n’uburwayi bw’amayobera muri stade.

Uyu mukobwa wari witabiriye iki gitaramo cyabereye i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026 agiye gushyigikira The Ben, yanagaragaye mu itsinda ry’abakunzi b’uyu muhanzi bari bamuri hafi ndetse ari kugenda mu itsinda rimwe na we.

Ubwo The Ben yari avuye ahabereye iki gitaramo ajya mu modoka, uyu mukobwa wari umuri imbere yikubise hasi ataka cyane ko ari kuribwa ukuguru ndetse kuva ubwo gutambuka biranga.

Abashinzwe umutekano n’abandi bantu bari hafi aho bahise bamuterura bamushyira mu mbangukiragutabara yari iri aho ajyanwa kwa muganga nyuma yo guhabwa ubuvuzi bw’ibanze.

Nyuma yo kurara kwa muganga, Queen Ringo yabwiye IGIHE ko yabashije kuva mu bitaro ndetse ubu yatashye i Kigali aho agiye gukomeza kwiyitaho.

Ati “Norohewe, ubu meze neza ndashima Imana ko numva ndi kumera neza. Nageze i Kigali ngiye gukomeza kwiyitaho wenda ndaza gukira neza.”

Queen Ringo yavuze ko yahawe ubutabazi bw’ibanze, gusa ahamya ko ateganya gukomeza kwivuza ngo arebe ko yamenya indwara yari imufatiye i Nyagatare.

Uretse kuba ari umufana wa The Ben, Queen Ringo asanzwe ari umukinnyi wa sinema benshi bazi muri iyi minsi mu duce tw’imikino akorana na Nizzo Kaboss wamamaye muri Urban Boys.

Queen Ringo yari yagiye gushyigikira The Ben i Nyagatare icyakora aza kuhagirira uburwayi bw'amayobera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages