00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

‘Nyash’ zirakabirizwa- Umunyamakuru Iradukunda Michèle

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 26 July 2026 saa 11:36
Yasuwe :

Umunyamakuru wa RBA, Iradukunda Michèle, yagaragaje ko atumva impamvu abagabo bakunda cyane abagore n’abakobwa bafite ikibuno kinini (nyash), kugeza aho bamwe mu bagore bajya kwibagisha bagishaka, bamwe bakanahaburira ubuzima.

Yabigarutseho mu kiganiro IGIHE Sports Club, aho yari umutumirwa na bagenzi be bakorana mu kiganiro Ishya.

Iradukunda yagize ati “Ntabwo numva icyo mukundira ikibuno. Bigeze aho abagore bajya kwibagisha bamwe bakanahapfira. Nibaza ibanga riba muri nyash.”

Iki kiganiro kandi cyagarutse ku buzima bw’imyororokere, urukundo n’akamaro Ishya imaze kugirira abayikurikira.

Uretse Iradukunda Michèle, iki kiganiro cyagaragayemo Aissa Cyiza na Cyuzuzo.

Aba bagore bari mu banyamakuru bakunzwe bagarutse ku buzima bwabo bw’urukundo, akazi n’uko bakomeje guhabwa inshingano zikomeye mu bigo bakoramo.

Umunyamakuru Iradukunda Michèle asanga 'nyash' zikabirizwa
Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye z'ubuzima

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages