Ku wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2019 nibwo Meddy yarekuwe. Uyu muhanzi akigera hanze ntabwo yigeze ashaka kugira icyo avuga ndetse n’igihe yarekurwaga abamuhagarariye bari bakumiriye bishoboka itangazamakuru ngo ritamenya amakuru yo kurekurwa kwe.
Ku wa Gatandatu tariki 26 Ukwakira 2019 nibwo Meddy abinyujije kuri Instagram ye yashimiye abantu bamubaye hafi, bamweretse urukundo igihe yari afunze.
Yagize ati”Buri kimwe ubu kimeze neza, mwarakoze ku rukundo rwanyu.”
Meddy yatawe muri yombi ku wa 21 Ukwakira ahagana saa munani z’ijoro atwaye imodoka yanyoye inzoga.
Amategeko ateganya ko umuntu wese ufashwe atwaye imodoka yanyoye ibisindisha, acibwa amande y’amafaranga ibihumbi 150 Frw, Polisi ikaba inemerewe n’amategeko kuba yamufunga by’agateganyo mu gihe akorwaho iperereza ku gikorwa gihungabanya umutekano yafatiwemo.
Meddy usanzwe utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze muri Afurika muri Kanama 2019, yitabiriye igitaramo yagombaga gukorera muri Sychelles.
Mu ntangiriro za Nzeri 2019 yitabiriye igitaramo cyiswe Kwita Izina Concert yahuriyemo na Ne-Yo.
Nyuma yaho yakoreye igitaramo muri Kenya mbere y’uko asubira muri Sychelles ahataramira bwa kabiri. Tariki 9 Ukwakira yari umwe mu bataramiye muri Youth Connekt Concert hamwe na Patoranking.



















TANGA IGITEKEREZO