Iyi filime izajya isohoka mu buryo bw’uruhererekane kuri Televiziyo y’u Rwanda nk’uko na Seburikoko na City Maid biyicaho.
Yanditswe na Roger Niyoyita ikaba iri gutunganywa na Misago Wilson ariwe wagiye atunganya izindi zamamaye mu Rwanda nka Inshuti (Friends), Seburikoko na Citymaid.
Mu kiganiro na IGIHE, Misago yavuze ko iyi filime ivuga ku buzima bw’abanyeshuri cyane cyane abiga muri kaminuza z’i Kigali.
Yagize ati ”Muri make izaba ishingiye ku gitekerezo cy’umusore warangije amashuri yisumbuye akabura akazi, ava mu cyaro agiye gushakisha akazi i Kigali, nyuma yo kwizezwa kwakirwa n’inshuti ye yaje kumutenguha. Ageze i Kigali yaramubeshye aramubura. Muri ubwo buzima bukomeye, Muhire yabonye akazi k’izamu kugeza ubwo afashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri aza gukabya inzozi ze zo gukora application".
Ngo ni filimi izaba igamije kwigisha ariko nanone hakagaragaramo abakinnyi bashya bafite impano.
Uwineza Clarisse, umunyamakuru uzwi kuri Radiyo Rwanda uherutse kwemeza ko yamaze kwinjira muri sinema, azagaragara muri iyi filime y’uruhererekane “Indoto” izatangira guca kuri televiziyo Rwanda mu minsi mike, akaba ari umwe mu bazwi bazayikinamo.
Integuza y’iyi filime nshya "Indoto"



















TANGA IGITEKEREZO