00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Okkama yatanze impanuro ku bahanzi bakizamuka

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 26 January 2024 saa 10:13
Yasuwe :

Osama Massoud Khaled uzwi nka Okkama yagiriye inama abafite inzozi zo gukora umuziki ko bakwiriye kuba bo ubwabo bakiyizera mbere y’uko hagira undi ubizera.

Ibi Okkama yabigarutseho mu kiganiro ‘Meet Me Tonight’ gitangirwa mu gitaramo cy’urwenya ‘Gen-Z Comedy Show’, aho umutumirwa ahabwa umwanya akaganirizwa ku rugendo rwe akanagaruka ku mpanuro agenera abakiri bato bifuza kuzaca mu nzira nk’izo yanyuzemo.

Ni igitaramo cyabereye muri Camp Kigali ku wa 25 Mutarama 2024.

Muri iki kiganiro, Okkama yasobanuye ko mu 2014 ari bwo bwa mbere yinjiye muri studio icyakora aza kumenyekana mu 2020, nyuma yo kurangiza amasomo mu ishuri ry’umuziki ry’u Rwanda.

Uyu muhanzi wahoze ari umufana w’abarimo Yvan Buravan na Bruce Melodie, yahishuye uko yinjiye mu muziki iwabo batabishaka ariko kubera kwiyizera bituma asunika kugeza ubwo abemeje ko yawukora kandi akavamo umuhanzi ukomeye.

Okkama nyuma yo gukora umuziki ukanamuhira yaje gukorana na sosiyete ifasha abahanzi icyakora birangira batabashije gukomezanya, ibyo we yakuyemo isomo yanasangije abagitangira uyu mwuga ko ikiruta ibindi ari ukwirwanaho ugakora ibyo ushoboye kuruta kwizerera mu bazaguha ubufasha.

Iki gitaramo cy’urwenya Okkama yatangiyemo izi nama cyitabiriwe n’abatari bake mu byamamare byo mu Rwanda biganjemo abakora umwuga wa sinema.

Cyari igitaramo cya kabiri cy’ukwezi kwa Mutarama 2024 cyane ko buri kwezi Fally Merci ubitegura akora bibiri.

Okkama yagiriye inama abahanzi bafite indoto zo kuba ibyamamare
Fally Merci wakiriye Okkama amaze kubaka izina kubera ibitaramo bya Gen-Z Comedy
Igitaramo cya Gen-Z Comedy cyitabirwa n'abatari bake
Umubyinnyi Titi Brown ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo, yicaranye na Nyambo umaze kubaka izina muri sinema y'u Rwanda
Nyuma yo koroherwa, umunyarwenya Clapton Kibonge yitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy
Muhinde ni umwe mu banyarwenya bagezweho bashimisha abantu muri Gen-Z Comedy
Iki gitaramo cy'urwenya kinyura benshi mu bacyitabira
Zabba Missedcall na Linda Priya bari basohokanye muri ibi birori
Rusine ni we munyarwenya wari watumiwe nk'uw'umunsi mu gitaramo cya Gen-Z Comedy
Madedeli wo muri Papa Sava yari mu bitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages