Iki gitaramo P Fla yatumiwemo byitezwe ko kizabera mu kabyiniro kitwa ‘Matrix African Club’ kabarizwa muri hoteli yitwa ‘Sun&Sand Hotel’ iherereye mu Mujyi wa Deira.
Batman wateguye iki gitaramo binyuze muri sosiyete ye ‘Agakoni’, yavuze ko gutumira P-Fla gutaramira muri iki gitaramo biturutse ku kuba ari umwe mu bakunzwe n’Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Dubai.
Ati "Nifuje gutumira P Fla nk’uko nsanzwe ntumira n’abandi bakora injyana ya Hip Hop kubera ko bafite abakunzi batari bake inaha Dubai.”
Uretse P Flay amaze gutumira, Batman azwi cyane nk’uwagiye atumira abandi baraperi nka Bull Dogg, Bushali, Riderman baherutse gukorera ibitaramo i Dubai.
Byitezwe ko P Fla azahurira ku rubyiniro n’abandi bahanzi b’Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Dubai nka Skpado di Shata na Robot mu gihe kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari 100AED (arenga ibihumbi 35Frw).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!