00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pacson yijanditse mu ntambara ya P Fla na Davis D, abaga nta kinya

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 2 April 2026 saa 08:32
Yasuwe :

Umuraperi Ngoga Edson wamamaye nka Pacson, yamaze kugaragaza uruhande ahagazeho mu ntambara y’amagambo ikomeje gututumba hagati y’umuraperi mugenzi we, P Fla n’umuririmbyi Davis D, bapfa igitekerezo gishingiye ku ndirimbo.

P Fla aherutse gutangariza umunyamakuru Taikun Ndahiro ko hari bahanzi usanga bafungwa igihe gito ariko bagafungurwa babikabirije bagahita bakora indirimbo bashimira abababaye hafi muri ayo mage.

Ati “Umuntu bamufunga iminsi ibiri cyangwa nk’icyumweru agahita akora album yose ngo arashimira abantu bamubaye hafi, nyamara ugasanga nta n’ubwo yigeze afungwa ahubwo yagarukiye kuri sitasiyo ya polisi”.

Iyi mvugo yasaga nitunga agatoki Davis D wigeze gufungwa igihe gito, yava kuri station ya RIB agakora indirimbo yise ‘Itara’.

Davis D na we akimara kurita mu gutwi yahise atangariza Isibo TV ati “Icya mbere si igihe umazemo hariya kuko nta mpamyabumenyi batanga. Kuko inshuro imwe ugiyeyo ushobora gufata. We niba bimusaba izo nshuro njye sinaba umuswa kuri urwo rwego”.

Pacson aganira n’umunyamakuru Iyamuremye Janvier, mu kiganiro cyasohotse ku wa 31 Werurwe 2026, yavuze ko ahagaze ku ruhande rwa P Fla ndetse ko ibyo P Fla yavugaga kuri Davis D ari ukuri 100%.

Avuga kuri Davis D, Pacson yagize ati “Icyo gihe byitwa kwigaragaza. Ni ugutera abantu agahinda ke badakeneye no kumenya. Ni ukubatera isesemi. Byonyine n’urubanza rwawe ruba ruteye isesemi, urubanza rw’igitsinagore? Iyaba ari urubanza rw’amafaranga”.

Pacson yijanditse mu ntambara ya P Fla na Davis D

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages