Uyu muhanzi yabitangarije IGIHE nyuma yo gushyira hanze indirimbo nshya yise “Golo’’. Yavuze ko yinjiye mu mikoranire n’Ikigo cy’Abanyarwanda gikorera mu Bwongereza cyiswe Imigongo Labs.
Ati “Natangiye imikoranire na Imigongo Labs, iyi ikaba ari sosiyete ikorera i Londres mu Bwongereza ifite itsinda rikomeye rikorera i Kigali ndetse n’i Londres. Ubu bufatanye ni intambwe ikomeye mu buzima bwanjye, buzatanga amahirwe menshi yo gutera imbere no kwaguka.’’
Umuyobozi wa Imigongo Labs, Frank Nsenga, yavuze ko Passy yasinye amasezerano y’imyaka ibiri akubiyemo ibikorwa bitandukanye. Imigongo Labs izayobora ibikorwa byo kongera ubushobozi bwa Passy kuri internet inakoreshe ubuhanga bwayo mu bucuruzi bw’ikoranabuhanga kugira ngo igeze ku bantu benshi ku isi yose ibikorwa bye.
Yavuze ko kandi iyi sosiyete izagenzura ibice byose by’ibaruramari, ibikorwa by’ubuhanzi, kugira ngo ishusho ya Passy ikomeze kuba nziza kandi ishimishije.
Kuri Passy n’itsinda rye, bavuga ko ubu bufatanye ari amahirwe yihariye yo kongera kwibanda ku bikorwa byabo by’ubuhanzi n’ubuhanzi.
Frank Nsenga yavuze ko biteguye gutangira imishinga itandukanye izazamura umwuga wo kuririmba kwa Passy ku rwego rushya.
Passy yavuze ko yagize amahirwe yo gukorana na Imigongo Labs nyuma y’uko mbere yo gushyira hanze indirimbo ye iheruka, yarwaye ndetse akaza no kujya mu bitaro.
Reba ‘Golo’ indirimbo Passy aheruka gushyira hanze



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!