00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Patoranking agiye guhurira mu gitaramo n’abarimo Bruce Melodie i Kigali

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 11 October 2022 saa 09:18
Yasuwe :

Umuhanzi Patrick Nnaemeka Okorie wamamaye nka Patoranking, umwe mu bahanzi bakomeye ku mugabane wa Afurika ategerejwe mu mujyi wa Kigali mu gitaramo azahuriramo na Bruce Melodie, Jah Prayzah, Ariel Wayz na Chris Wayz, aho bazataramira abarenga ibihumbi 10 bazitabira inama ya Youth Connekt.

Mu 2019 ubwo Patoranking aheruka gutaramira mu Rwanda nabwo yari yahuje imbaraga n’abarimo Bruce Melodie mu gitaramo nk’iki gihuza urubyiruko ruvuye mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Iyi nama izatangira ku itariki ya 13 kugeza 15 Ukwakira 2022 , insanganyamatsiko yayo igaruka ku kongera imbaraga mu ishoramari ry’urubyiruko, hagamijwe ukwigira kwarwo na Afurika muri rusange.

Iyi nama yateguwe na YouthConnekt Africa, Guverinoma y’u Rwanda n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere, UNDP. U Rwanda rwaherukaga kuyakira mu 2019.

Patoranking uzaririmba muri iki gitaramo ni inshuro ya Kane agiye gutaramira i Kigali , bwa mbere yataramiye i Kigali mu 2017 ubwo yari yitabiriye Kigali Up, mu 2018 nabwo yitabiriye igitaramo gisoza umwaka, aheruka mu 2019 mu gitaramo gisoza inama ya Youth Connekt.

Hashize amasaha atandatu umuhazi Jah Prayzah wo muri Zimbabwe, yijeje abanyarwanda igitaramo kidasanzwe nubwo ari ubwa mbere agiye gutaramira i Kigali.

Uyu muhanzi w’imyaka 35 yitwa Mukudzeyi Mukombe ni umwe mu bahanzi bakomeye mu babarizwa mu majyepfo ya Afurika, yashinze ikigo JP Entertainment gifasha abahanzi.

Abantu benshi bakunze kumwita "Musoja", ijambo rikomoka mu rurimi rwa Shona rivuga "umusirikare", izina yahawe kubera umwambaro wa gisirikare we na bagenzi be bo mu itsinda rya Third Generation bakunda kwambara.

Bruce Melodie uheruka gukorera amateka mu gihugu cy’u Burundi mu bitaramo yahakoreye mu kwezi kwa Nzeri, nawe ni umwe mu bagiye gutaramira urubyiruko ruvuye mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Chris Eazy umuhanzi nyarwanda rukumbi uherutse kugaragara ku rutonde rw’ikinyamakuru Native Mag rugaragaza abahanzi batandatu bashya bagezweho muri Afurika yose, nawe azataramira urubyiruko rufite imishinga irimo udushya n’abayobozi mu nzego zitandukanye baturutse hirya no hino muri Afurika n’ahandi.

Ariel Wayz uherutse kumurika EP (Extended Play) yise ‘Touch the Sky’ ni cyo gitaramo cya mbere agiye kugaragaramo nyuma yo gukora impanuka mu ntangiro z’uku kwezi.

Iki gitaramo kizabera ku Intare Conference Arena kizaba kiyobowe na Arthur Nkusi kizacurangamo DJ Dialo na Dj Sonia.

Jah Prayzah aje mu Rwanda mugihe ari mu byishimo byo kugira indirimbo ya gatatu ‘Mukwasha’ yujuje miliyoni 10 z’abantu bamaze kuyireba ku rubuga rwa Youtube
Bruce Melodie agiye gutaramana na Patoranking nyuma yo gukorana indirimbo na Innoss'B bise ‘A l'aise’
Chris Eazy uri mu myiteguro yo kumurika indirimbo nshya nyuma ya ‘Inana’ azataramira urubyiruko rwa Afurika rwatangiye kugera mu Rwanda
Ariel Wayz uherutse kumurika EP Touch the Sky nawe ni umwe mu bazataramira abakunzi b’umuziki bazahurira mu Intare Conference Arena
Patoranking azahurira mu gitaramo n'abarimo Bruce Melodie
Patoranking ubwo aheruka mu Rwanda mu 2019 yahuriye muri iyi nama na Perezida Kagame

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages