00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Phiona Mbabazi yasobanuye uko yacuze urukundo rwa baringa na Mico The Best (Video)

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 22 February 2018 saa 11:35
Yasuwe :

Umuririmbyi Phiona Mbabazi yahishuye ko iby’urukundo rwavuzwe hagati ye na Mico The Best byari inzira no gushakisha uburyo bombi bakwamamara byisumbuyeho biciye mu nkuru zabavuzweho.

Phiona Mbabazi yamamaye cyane mu mwaka wa 2014 ubwo yari avuye guserukira u Rwanda mu irushanwa ry’umuziki rya Tusker Project Fame. Nyuma yagiye akora indirimbo zakunzwe zirimo ‘Winyibutsa’, ‘Twala’ n’izindi.

Mu ntangiriro za Mata 2016 nibwo hatangiye gusakara amakuru yavugaga ko ‘hagati ya Mico The Best na Phiona urukundo rwashinze imizi’ ndetse by’umwihariko nyuma y’aho Mico yagiye yerekana ko yiyumvamo uyu mukobwa abicishije ku mbuga nkoranyambaga.

Mico The Best na Phiona bagiye babihakana kenshi ndetse iyo itangazamakuru ryaribabazaga bombi bavugaga ko nta kanunu k’urukundo gusa bakemeza ko ‘ari inshuti zisanzwe’.

Mu kiganiro na IGIHE, Phiona Mbabazi yavuze ko iby’uru rukundo ari inkuru ubwabo bahimbye kugira ngo itangazamakuru ribahange amaso ndetse ribavuge mu buryo bwo kuziba icyuho cyari mu muziki wabo mu 2016 na 2017.

Yagize ati “Ntabwo twigeze dukundana, wari umupangu twakoze, twari twagiye mu mahugurwa ahitwa i Gisakura ambwira ukuntu yakundaga indirimbo zanjye tuba inshuti gutyo. Mu 2017 nta gikorwa na kimwe nari mfite noneho arambwira ati ‘reka dusaze abantu’, nanjye ndamubwira nti ‘reka dukore ibyo bintu’.”

Uyu mukobwa yavuze ko mbere y’ibyavuzwe ko yagiranye urukundo na Mico The Best hari abandi basore yagiye akundana na bo ariko bikarangira bamuhemukiye bityo ahitamo kubanza agashishoza mbere yo gufata umwanzuro ku wo yakunda nyabyo.

Mu kuvuga umusore yakwemerera urukundo, Phiona yagize ati “Umusore nakunda, icya mbere agomba kuba ari umunyabwenge, uzi ubwenge nya bwenge ku buryo n’abantu bakubona bakamenya ko uri umunyabwenge. Nanjye iyo nsenga buri munsi mbwira Imana kumpa kumenya no gusobanukirwa […] Icya kabiri ugomba kuba usenga Imana ya Isiraheli uyizi kandi uyemera…”

Urukundo rwa Phiona Mbabazi na Mico The Best rwari baringa

Uyu mukobwa amaze imyaka ine aririmba, mu gihe amaze yakoze indirimbo zirimo izakunzwe by’umwihariko iyitwa ‘Winyibutsa’ yacuranzwe cyane kuri Radio zo mu Rwanda.

Mu byo ahanze amaso, Phiona avuga ko ashaka gukora cyane umuziki we ukamenyekana uhereye mu Rwanda ndetse ngo anyotewe no kuzajya kuririmba mu maserukiramuco akomeye, ikintu ahamya ko cyubaka ubuzima n’inganzo y’umuhanzi.

Phiona Mbabazi ngo akunda umusore 'utari bishati'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages