Platini uririmbana na TMC yabwiye IGIHE ko kwiga ari byiza ariko biba akarusho iyo nta kindi kintu ubifatanyije kubera ko ari ibintu bitoroshye kandi bisaba umwanya uhagije.
Uyu musore wahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye yahagaritse amasomo ahitamo kubanza gukorera amafaranga nyuma akazongera agasubira ku ntebe y’ishuri gukarishya ubwenge.
Mu kiganiro na IGIHE yagize ati “Nari naratangiye kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters) ariko nahagaritse hagati maze kwiga igihembwe cya mbere kubera akazi k’umuziki kari kenshi mbona ntabasha kubifatanya byombi.”
Yakomeje asobanura ko nubwo yahagaritse kwiga akibifite ku mutima ndetse ko mu gihe cya vuba azasubukura amasomo ye dore ko mu masaziro ye yifuza kuzakora ibijyanye n’ubucuruzi n’imiyoborere arimo kwiga.
Platini yaboneyeho kugira inama abahanzi bato bakunda umuziki ariko bakiri mu mashuri ko babanza gushyira imbaraga mu kwihugura mu bumenyi umuziki bakazawukora nyuma.
Platini yigaga ibijyanye n’imiyoborere n’ubushabitsi ’Business Administration ’muri Kaminuza ya Mount Kenya.



















TANGA IGITEKEREZO