Ubusanzwe amazina ye ni Herman Gakobo Kago, ni umwe mu banyarwenya bazamuriye izina rye mu bitaramo Churchill, akaba umuhanzi w’indirimbo n’umunyamakuru.
Uyu munyarwenya w’imyaka 46 yavukiye mu muryango w’abasirikare ndetse ni umubyeyi w’abana batandatu.
Igitaramo Professor Hamo azaba yitabiriye cyitiriwe Muhinde, umunyarwenya wakuriye muri Gen-Z Comedy washyiriweho icy’umwihariko banamushimira kuba yarabashije kurangiza amasomo y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza.
Muhinde warangije amasomo y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza muri RP Musanze aho yize ibijyanye n’ubucuruzi bukorewe kuri internet, ‘E-Commerce’, mu mashuri yisumbuye yasoje mu 2022 yari yarakurikiye ibijyanye na ‘Software Development’.
Ku rundi ruhande Muhinde yatangiye no kwiga icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri ‘University of Kigali’.
Kuba yaratangiye kwiga abarizwa mu bitaramo bya Gen-Z Comedy yanakomerejemo izina rye, byatumye abategura ibi bitaramo bamwitirira igitahiwe mu kumushimira intambwe amaze gutera mu buzima bwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!